skol
fortebet

Uganda: Umurwayi wa nyuma wa Ebola agiye gusezererwa

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Thursday 16, Jul 2026

Uganda: Umurwayi wa nyuma wa Ebola agiye gusezererwa

Sponsored Ad

skol

Uganda igiye gusezerera umurwayi wa nyuma wa Ebola wari ukiri mu bitaro, igikorwa kizatangiza igihe cy’iminsi 42 giteganywa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku Buzima (OMS) mbere y’uko igihugu gishobora gutangazwa ko cyaranduye burundu iki cyorezo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Alan Kasujja yatangaje ko uyu murwayi asezererwa kuri uyu wa Kane mu cyumba cyihariye cyo kwa muganga yari amaze igihe arwariyemo ku bitaro bikuru bya Mulago mu murwa mukuru Kampala.

Kasujja yavuze ko uku gusezererwa kuzatangiza kubara iminsi 42 isabwa n’amabwiriza ya OMS kugira ngo icyorezo cya Ebola kibe cyatangajwe ko cyarangiye.

Ati : “Iyo ibyo bibaye, Uganda izatangira kubara iminsi. Iyo iminsi 42 ishize nta muntu mushya wanduye ugaragaye, amabwiriza ya OMS ateganya ko tuzatangazwa ko twaranduye Ebola.”

Amakuru atangazwa n’Urwego rw’Ubuzima muri Uganda agaragaza ko abantu 17 bamaze gukira Ebola, hakaba hari umuntu umwe wari ugikurikiranwa mu cyumba cyihariye, mu gihe abandi babiri bapfuye.

Muri abo banduye, batanu banduriye imbere mu gihugu naho 15 bakaba baranduye Ebola yazanywe n’abantu bavuye ahandi.

Ebola ni indwara iterwa na virusi ishobora kwandura cyane, igatera umuriro ukabije n’ibindi bimenyetso bikomeye. Kugira ngo igihugu gitangazwe ko cyatsinze icyorezo, OMS isaba ko hashira iminsi 42 nta muntu mushya wanduye agaragaye nyuma y’umurwayi wa nyuma gukira cyangwa gupfa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa