skol

Aba-Republicains bahigitse Aba-Democrates mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika

Yanditswe: Thursday 14, Nov 2024

featured-image

Ishyaka ry’Aba-Republicains ni ryo ryegukanye imyanya myinshi mu mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya America rihigitse iry’Aba-Democrates, byongerera imbaraga Donald Trump uherutse gutorerwa kuba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu majwi yatangajwe kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2024, mu mutwe w’Abadepite, Aba-Republicains batsindiye imyanya 218, mu gihe Aba-Democrates bafite imyanya 208. Muri Sena, Aba-Republicains batsindiye imyanya 52 kuri 47 y’Aba-Democrates.

Uku gutsinda mu mitwe yombi kw’Aba-Republicains bivuze ko uwari usanzwe ari Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Mike Johnson, afite amahirwe menshi yo kuguma kuri uwo mwanya muri manda nshya.

Muri Sena, Aba-Democrates batakaje imyanya itatu muri Sena bituma basigarana 47, mu gihe Aba-Republicains biyongereyeho itatu bakagira imyanya 52 bibaha kuba ari bo bayoboye. Ni mu gihe mu Mutwe w’Abadepite, aho n’ubundi Aba-Republicains bari bafite imyanya myinshi, biyongereyeho umwanya umwe bagira 218, mu gihe Aba-Democrates batakaje umwe bakagira 208.

Ibi bivuze ko Perezida Donald Trump uzarahirira gutangira inshingano mu ntangiriro z’umwaka utaha, akomeje kugwiza amaboko kuko ishyaka rye ry’Aba-Repubulicains ari ryo rigiye kuba riyoboye mu nzego zose zikomeye z’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa