Abadipolomate batatu bakomoka muri Qatar bapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabereye hafi y’umujyi wa Sharm el-Sheikh mu Misiri, mbere y’inama ikomeye ku kibazo cya Gaza, iteganyijwe ku wa Mbere tariki 13 Ukwakira 2025.
Amakuru yatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar kuri iki Cyumweru, yemeza ko abandi badipolomate babiri bakomeretse muri iyo mpanuka. Bose bari mu butumwa bw’akazi mu Misiri butajyanye no guhuza Israel na Hamas.
Ntihigeze hatangazwa amazina y’abapfuye, gusa amakuru dukesha Al Jazeera avuga ko bose bakoreraga Ibiro by’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.
Ambasade ya Qatar i Caire yavuze ko “ifite agahinda kenshi n’akababaro gakomeye kubera urupfu rw’abakozi batatu bayo bapfiriye mu mpanuka itunguranye yabereye i Sharm el-Sheikh bari mu kazi ka Leta.”
Yongeyeho ko imibiri yabo ijyanwa i Doha kuri iki Cyumweru hifashishijwe indege yihariye ya Qatar, mu gihe abandi babiri bakomeretse bakomeje kuvurirwa mu bitaro byo muri Sharm el-Sheikh.
Televiziyo Al-Qahera News yo mu Misiri, yatangaje ko impanuka yatewe no “gutakaza ububasha bwo kugenzura imodoka” ubwo yari mu nzira ijya ku kibuga cy’indege.
Iyi mpanuka ibaye mu gihe mu mujyi wa Sharm el-Sheikh hamaze iminsi habera ibiganiro by’ubuhuza bigamije guhagarika intambara hagati ya Israel na Hamas muri Gaza.
Qatar imaze amezi menshi ikorana na Misiri na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu biganiro bigamije kugera ku masezerano y’agahenge, nyuma y’igihe kinini cy’intambara yari imaze guhitana abantu ibihumbi.
Mu cyumweru gishize, Umujyi wa Sharm el-Sheikh yakiriye intumwa za Hamas, iza Israel, n’abahagarariye ibihugu biri mu buhuza, mu biganiro byimbitse bigamije gushyira mu bikorwa gahunda y’ibyiciro 20 yateguwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, igamije kubaka amahoro arambye mu karere.
Ku wa Mbere, uwo mujyi uzakira inama y’amahoro izayoborwa na Perezida Donald Trump na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi, ikazitabirwa n’abayobozi bo mu bihugu birenga 20 barimo n’u Bufaransa n’u Bwongereza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *