skol

Abaganga umunani baguye mu bitero Ukraine yagabye ku bitaro mu Burusiya

Yanditswe: Thursday 12, Mar 2026

featured-image

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko igitero Ukraine yagabye ku bitaro byo mu Ntara ya Donetsk, cyahitanye abaganga umunani, gikomeretsa abandi bantu 10.

Ni igitero bivugwa ko Ukraine yagabye kuri iyi ntara yahoze ari iyayo ariko ikayamburwa n’u Burusiya, ku wa 10 Werurwe 2026. Ukraine yakoresheje drones enye zarashwe kuri ibi bitaro bivugwa ko byarimo abarwayi barenga 130 n’abaganga barenga 50.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko mu bantu 10 bakomeretse, icyenda ari abaganga. Mu itangazo yakomeje iti “iki gitero cy’iterabwoba cyagabwe n’ubutegetsi bwa Kyiv, kigaragaza ukutubahiriza amategeko mpuzamahanga agenga ibijyanye n’ubutabazi.”

Yavuze ko ibi bitaro bitigeze bikoreshwa mu nyungu za gisirikare ahubwo ari ibitaro byita ku basivili gusa.

Uretse iki gitero, u Burusiya bugaragaza ko Intara ya Donetsk na bwo muri iki cyumweru yagabweho ibitero bihitana abasivili bane abandi 12 barakomereka.

Mu Ntara ya Zaporozhye na ho ibitero bya drones bya Ukraine byagabwe kuri bisi yari itwaye abana b’abanyeshuri bari bagiye muri siporo benshi barakomereka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa