Abagereki ntibakozwa ibyo kuvana amasaha y’akazi ku munani akagezwa kuri 13
Yanditswe: Friday 17, Oct 2025
Inteko Ishinga Amategeko yo mu Bugereki yemeje amavugurura y’imikorere aho amasaha y’akazi yavanywe ku munani agezwa kuri 13 ku munsi, icyakora hemezwa ko bizajya bikorwa ku bakozi babyemera ndetse no mu bihe bidasanzwe.
Amasaha yongerewe mu gihe n’ubundi u Bugereki buri mu bihugu bikora amasaha menshi ku cyumweru. Abaho bageza ku masaha 40 mu gihe bo mu bindi bihugu byo mu Burayi bakora amasaha 35.
Guverinoma y’u Bugereki yatangaje ko iri tegeko rizateza imbere amategeko ajyanye n’umurimo ndetse igihugu kizamure ubukungu bumaze igihe bwarazahaye.
Hagaragajwe ko gukora igihe kirekire byemerewe abo mu nzego z’abikorera ariko na bo babishaka.
Hagaragajwe kandi ko umuntu atagomba kurenza amasaha 37 y’inyongera ku mwaka. Ibi bizafasha abakozi gukora amasaha y’ikirenga ariko bakorera ikigo kimwe aho guhora bajarajara bashaka ahandi bakongerera ku byo binjiza ku kwezi.
Ku rundi ruhande abo mu mahuriro y’abakozi banenze iki cyemezo, bagaragaza ko ari uguhungabanya uburenganzira bw’abakozi bwo gushaka ahandi babona amaronko muri ibi bihe imishahara itiyongera kandi ikiguzi cy’ubuzima gikomeza gutumbagira.
Abatavuga rumwe na leta bateguje imyigaragagambyo muri uku kwezi. Umwe mu baturage ati: “Ahandi mu Burayi bari gushaka uko bagabanya amasaha naho mu Bugereki turi gushaka uko twayongera.”
U Bugereki buracyagerageza kureba ko bwaziba icyuho cy’amadeni y’imyaka 10 bwari bufite kugeza mu 2018. Yari amadeni ya miliyari 320 z’Amayero bwari bubereyemo ibigo bitandukanye.
Byatumye hagabanywa ibitwara amafaranga bitari ngombwa bituma ubukungu bugabanyukaho 25%. Kugeza ubu Abagereki babarizwa hasi mu bijyane n’ubushobozi bwo guhaha ugereranyije n’ibindi bihugu byo mu Burayi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *