skol

Abandi barindwi bapfiriye mu mirwano ya Wazalendo na FARDC muri Uvira

Yanditswe: Wednesday 26, Nov 2025

featured-image

Imirwano yamaze iminsi ibiri ihanganishije ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi wa Uvira uri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yapfiriyemo abantu 11 barimo abo ku mpande zombi n’abasivili.

Iyi mirwano yatangiye tariki ya 23 Ugushyingo 2025 ubwo ingabo za RDC zabuzaga abarwanyi ba Wazalendo gusahura imfashanyo ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM) ryahaga abasivili batuye muri uyu mujyi.

Umuvugizi w’ingabo za RDC ziri mu bikorwa byo kugarura umutekano mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Lt Reagan Mbuyi Kalonji, yatangaje ko abantu bane barimo umusirikare wa Leta, babiri ba Wazalendo n’umusivili umwe bapfuye, abandi 14 barakomereka.

Imibare mishya yatangajwe ku wa 25 Ugushyingo igaragaza ko mu bakomerekeye muri iyi mirwano harimo batanu bapfiriye mu bitaro byo mu mujyi wa Uvira.

Tariki ya 24 Ugushyingo, nabwo Wazalendo n’ingabo za RDC byasubukuye imirwano, abasivili bahagarika ibikorwa byabo birimo ubucuruzi. Uwo munsi hapfuye babiri, hakomereka abandi babiri.

Igisirikare cya RDC cyemeza ko abasirikare bacyo batatu bapfiriye muri iyi mirwano, hapfa abarwanyi batatu ba Wazalendo, abasigaye bapfuye ni abasivili.

Mu ntangiriro za Nzeri 2025, ingabo za RDC na Wazalendo na bwo byahanganiye bikomeye mu mujyi wa Uvira. Icyo gihe abarwanyi b’iri huriro bashakaga kwirukana Brig Gen Olivier Gasita woherejwe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu, bamuziza ko ari Umunyamulenge.

Iyi mirwano igaragaza ko ingabo za RDC nta bushobozi zifite bwo kugenzura Wazalendo. Ibi bituma abo muri Leta bibaza uko impande zombi zizashobora gukumira abarwanyi ba AFC/M23 mu bice birimo Uvira mu gihe zitumvikana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa