skol

Abantu 100 biciwe mu gitero cya Amerika cyo gufata Maduro muri Venezuela

Yanditswe: Thursday 08, Jan 2026

featured-image

Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu muri Venezuela, Diosdado Cabello, yatangaje ko abantu 100 bapfuye mu gitero cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatumye Perezida Nicolas Maduro akurwa ku butegetsi ku wa Gatandatu.

Ubutegetsi bwo muri Venezuela ntibwari bwagatangaje umubare w’abapfuye, ariko igisirikare cyashyize ahagaragara urutonde rw’amazina 23 y’abasirikare bapfuye.

Abayobozi ba Venezuela bavuze ko igice kinini cy’abashinzwe umutekano wa Maduro bishwe “mu buryo bw’ubugome bukabije,” mu gihe Cuba yo yatangaje ko hari abasirikare n’abakozi b’iperereza bayo 32 bari muri Venezuela bishwe.

Cabello yavuze ko Cilia Flores, umugore wa Maduro watawe muri yombi bari kumwe, yakomeretse ku mutwe mu gitero cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, naho Maduro we akomereka ku kaguru.

Venezuela yashyizeho icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka abaguye muri iki gitero.

Abapfiriye mu gitero cya Amerika bashyinguwe mu cyubahiro ndetse hashyirwaho n’icyumweru cy’icyunamo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa