skol

Abantu bane batawe muri yombi mu Bwongereza bakekwaho gufasha ubutasi bwa Irani

Yanditswe: Friday 06, Mar 2026

featured-image

Polisi y’Ubwongereza yatangaje ko abantu bane batawe muri yombi mu rwego rw’iperereza ku kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bifitanye isano na Irani.

Abatawe muri yombi ni Umunya-Irani n’abandi batatu b’Abongereza bafite n’ubwenegihugu bwa Irani, bakekwaho gufasha inzego z’ubutasi zo mu mahanga.

Polisi yavuze ko gutabwa muri yombi kw’abo bantu bifitanye isano n’iperereza rikekwa gukorwa ahantu hanyuranye no ku bantu bafitanye isano n’imiryango y’Abayahudi mu mujyi wa Londres (London).

Komanda Helen Flanagan, ukuriye ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba i Londres, yavuze ko gutabwa muri yombi kw’abo bantu ari rimwe mu maperereza y’"igihe kirekire kandi ni igice cy’akazi dukomeje gukora ko kuburizamo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi aho tubikeka".

Yagize ati: “Turabyumva ko abaturage bashobora kuba bafite impungenge, by’umwihariko imiryango y’Abayahudi, kandi nkuko bisanzwe, nabasaba gukomeza kuba maso kandi nibabona cyangwa bakumva ikintu kibahangayikishije, ubwo bakatumenyesha.”

Ubwo yaganiraga na televiziyo ITV yo mu Bwongereza, mu kiganiro Good Morning Britain, nyuma gato y’uko inkuru y’ifatwa ry’aba bantu imenyekanye, Minisitiri w’intebe wungirije David Lammy yagize ati:

“Irani ni yo leta ya mbere ku isi itera inkunga iterabwoba, kandi ikibabaje ni uko iryo urebye riri no muri sosiyete [umuryango mugari] yacu ubwayo.”

Umuntu w’imyaka 40 n’umuntu w’imyaka 55 bafatiwe mu gace ka Barnet k’i Londres, naho umuntu w’imyaka 52 afatirwa i Watford, mu gihe undi muntu w’imyaka 22 yafatiwe i Harrow, uduce twombi na two tw’i Londres.

Gushakisha birakomeje i Watford, i Barnet, n’ahandi hantu h’i Wembley.

Abo bagabo bane batawe muri yombi hakurikijwe itegeko ry’umutekano w’igihugu, ryashyizweho mu 2023 kugira ngo rinoze amategeko yo kurwanya ubutasi, no kurwanya kwivanga kw’abanyamahanga.

Abandi bagabo batandatu, bafite imyaka 29, 39, 42, 49 n’abandi babiri buri umwe w’imyaka 20, batawe muri yombi aho hantu hamwe i Harrow bakekwaho gufasha ukekwaho icyaha.

Bose hamwe uko ari 10 bajyanwe muri kasho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa