Abantu bane ni bo baguye mu ndege y’igisirikare cya Amerika yahanutse
Yanditswe: Friday 13, Mar 2026
Ishami ry’Ingabo za Amerika rikorera mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTOM, ryatangaje ko bantu bane muri batandatu bari mu ndege ishinzwe kongera amavuta mu zindi ziri mu kirere, ari bo bimaze kumenyekana ko bitabye Imana.
Indege ebyiri z’igisirikare cya Amerika zahanukiye mu Burengerazuba bwa Iraq, imwe ishinzwe kongerera amavuta indege z’intambara irashwanyagurika mu gihe indi yabashije kugera ku butaka neza.
Byabaye ku wa 12 Werurwe 2026. Indege yitwa KC-135 ishinzwe kongera amavuta mu zindi ziri mu kirere ni yo yashwanyutse.
Iyi ndege yifashishijwe cyane mu bitero byagabye kuri Iran bikomeje kugirwamo uruhare na Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yifashishwaga mu kongerera amavuta mu ndege z’intambara.
Iyi ndege yashwanyutse yakozwe n’uruganda rwa Boeing. Ifite ubushobozi bwo kwifashishwa mu kongera amavuta mu zindi zigenda, ikanagira uruhare rukomeye mu bikorwa bya gisirikare bya Amerika.
Iyi mpanuka yatumye abasirikare ba Amerika baguye mu ntambara ya Iran bagera kuri 11. Kugeza ubu bivugwa ko Amerika imaze kuburira indege enye muri iyi ntambara.
Boeing yakoze indege za KC-135 Stratotanker hagamijwe gukoreshwa mu gisirikare mu myaka ya 1950.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *