skol

Abantu batanu bashya batawe muri yombi bakekwaho ubujura bwibasiye Inzu Ndangamurage ya Louvre

Yanditswe: Thursday 30, Oct 2025

featured-image

Polisi y’u Bufaransa yataye muri yombi abantu batanu bashya bakekwaho kugira uruhare mu bujura bukomeye bwibasiye Inzu Ndangamurage ya Louvre i Paris, aho abajura batwaye imitako ifite agaciro ka Miliyoni 88 z’Amayero.

Umushinjacyaha Laure Beccuau, yemeje ko mu bafashwe harimo n’uwo bafataga nk’ukekwa mukuru muri ubu bujura.

Ati: “Twamukurikiranye igihe kirekire, kandi twamufashe,”

Beccuau yashimangiye ko nubwo bimeze gutyo kugeza ubu nta kintu na kimwe mu byibwe kiraboneka.

Aba batanu bafashwe ku wa Gatatu mu bice bitandukanye bya Paris no mu nkengero zayo, nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize hafashwe abandi bagabo babiri bashinjwa kuba ari bo binjiye muri Louvre banyuze mu idirishya ryo hejuru bakiba imitako.

Mu bafashwe bashya, harimo umugabo w’imyaka 34 ukomoka muri Algérie, uba mu Bufaransa kuva mu 2010. Yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Charles de Gaulle ubwo yari agiye guhaguruka ajya muri Algérie.

Uyu mugabo yari atuye mu gace ka Aubervilliers, azwi na polisi cyane cyane kubera amakosa yo mu muhanda. DNA ye yasanzwe kuri imwe muri moto zakoreshejwe n’abajura ubwo bahungaga.

Undi mugabo, w’imyaka 39, na we yafatiwe iwe muri Aubervilliers. Uyu yari azwiho ubujura butandukanye, kandi ibimenyetso bya DNA bye byabonetse ku kirahure cyari aho iyi mitako yamurikirwaga.

Ubu bujura bwabaye ku itariki ya 19 Ukwakira 2025. Hibwe imitako yiganjemo iyo mu gihe cy’ubwami.

Beccuau yavuze ko abagenzacyaha benshi bari kugerageza gukurikirana aho iyi mitako yajyanywe, kandi ko ibimenyetso bikomeje gutangwa ku buryo bashobora gusubiza imitako mu maboko ya Leta y’u Bufaransa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa