Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi, yatangaje ko Abanyakenya barenga 200 bari kurwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine.
Muri aba banyakenya harimo abakoreye mu nzego z’umutekano muri Kenya. Bahabwa akazi ko guteranya drones no gukoresha ibinyabutabire kandi batarabiherewe amahugurwa ahagije, nta n’ubwirinzi buhagije.
Mu kiganiro Minisitiri Mudavadi yagiranye n’abanyamakuru, yagaragaje ko u Burusiya buri kwifashisha abanyamahanga benshi mu ntambara yo muri Ukraine, kandi ko harimo Abanyakenya.
Ati: “Bivugwa ko ibikorwa byo kwinjiza abantu mu gisirikare bikorerwa mu Burusiya byagutse kugira ngo bongeremo abo mu bihugu byo muri Afurika barimo Abanyakenya.”
Yakomeje ati “Abanyakenya barenga 200 bashobora kuba barinjiye mu gisirikare cy’u Burusiya. Ababinjiza baracyakorera muri Kenya no mu Burusiya.”
Muri Nzeri 2025, igisirikare cya Ukraine cyafashe mpiri Umunyakenya warwaniraga u Burusiya, asobanura ko yabeshywe, yisanga ari ku rugamba.
Minisitiri Mudavadi yashingiye ku makuru ya Ambasade ya Kenya mu Burusiya, agaragaza ko mu Banyakenya bagiye kurwanira muri Ukraine harimo abakomerekeye ku rugamba, kandi ko bashutswe.
Uyu muyobozi yagaragaje ko Guverinoma ya Kenya ihangayikishijwe n’ubwiyongere bw’abanegihugu bashorwa mu bikorwa nk’ibi n’ibindi birimo gucuruza ibiyobyabwenge n’imirimo y’agahato.
Ati: “Ibi byaha ntibiteye ikibazo ku mutekano wa Kenya gussa, ahubwo ni n’ikibazo ku mutekano mpuzamahanga.”
Mu cyumweru gishize, Guverinoma ya Ukraine yatangaje ko hari Abanyafurika hafi 1400 bari kurwanira u Burusiya muri iyi ntambara.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *