skol

Abanya-Ukraine bashinjwe uruhare mu kwiba amakuru y’abarenga 200.000 bo muri Hongrie

Yanditswe: Wednesday 05, Nov 2025

featured-image

Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, Viktor Orbán yashinje Abanya-Ukraine gufatanya n’Ishyaka rya Tisza ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu mu kwiba no gushyira hanze amakuru bwite y’abaturage 200.000 ba Hongrie.

Ayo makuru yagiye hanze mu cyumweru gishize binyuze ku rubuga rwo muri Hongrie rwitwa LeakBase.la.

Akubiyeho amakuru bwite y’abaturage nk’amazina yabo, imirongo y’itumanaho babonekaho n’andi atandukanye.

Ubuyobozi bwa Hongrie buvuga ko yashyizwe kuri urwo rubuga avuye muri ‘application’ yitwa TISZA Világ y’Ishyaka rya Tisza nyuma yo kuyakusanya mu buryo butemewe.

Minisitiri w’Intebe Viktor yamaganye icyo gikorwa cyo kwinjirira abaturage ba Hongrie bene aka kageni avuga ko ari ikibazo ku mutekano w’igihugu ndetse ashinja Ishyaka rya Tisza kubigiramo uruhare rukomeye ngo kuko iyo ‘application’ yitwa TISZA Világ ari yo yayubatse iyiha abarwanashyaka bayo bayishira mu bikoresho byabo by’itumanaho.

Ati: “Amakuru bwite y’abantu 200.000 yashyizwe kuri internet batabishaka. Dushingiye ku makuru dufite, ayo makuru yibwe yakusanyijwe n’ishyaka rya Tisza.”

Yongeyeho ko hari andi makuru agaragaza ko abantu bo muri Ukraine bafashije iryo shyaka mu guhererekanya ayo makuru ndetse ategeka ko iperereza kuri icyo kibazo rikorwa.

Umuyobozi w’ishyaka rya Tisza, Péter Magyar yahakanye ibyo ashinjwa na Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, avuga ko ‘application’ yabo yinjiriwe n’aba-hackers bo mu mahanga bashobora kuba ari Abarusiya ariko nta kibigaragaza yigeze yerekana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa