Abanyamerika 40% bagaragaje ko mu myaka 10 iri imbere hashobora kuzaba intambara y’abenegihugu
Yanditswe: Thursday 19, Jun 2025
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cya YouGov gisanzwe gikora ikusanyabitekerezo, bwerekanye ko 40% by’Abanyamerika bagaragaje impungenge ko mu myaka 10 iri imbere hashobora kuzaba intambara y’abenegihugu.
Ni ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 3.375, buje bukurikira imyigaragambyo iherutse kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo kwamagana ibyemezo bya Perezida Donald Trump bahamya ko birimo igitugu no gushyira imbere abaherwe.
YouGov igaragaza ko mu bakozweho ubushakashatsi, abagore ari bo bagaragaje izi mpungenge cyane kurusha abagabo, aho bangana na 45%.
Imibare igaragaza ko Abademokarate babyemeje bangana na 48%, abatabarizwa mu mitwe ya politiki bangana na 39%, Abarepubulikani ni 32% na ho 20% ntibagize icyo babivugaho.
Mu banyamerika b’abazungu abangana na 10% bavuze ko intambara ishoboka cyane, mu gihe mu birabura ari 18%.
Mu cyumweru gishize nibwo abagera kuri miliyoni eshanu bahuriye mu mihanda yo mu mijyi itandukanye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu myigaragambyo yiswe ‘No Kings’ yo kwamagana ibyemezo bya Perezida Donald Trump bahamya ko birimo igitugu cyinshi.
Bamwe mu banyamuryango b’ishyaka ry’Abarepubulikani bagaragaje impungenge ko Trump ari kugenda atakaza abayoboke kubera gutandukira gahunda ye ya “America First”, cyane cyane nyuma yo gushyigikira ibitero bya Israel byo kurasa ku nganda za nucléaire za Iran.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *