skol

Abanyeshuri 24 bari barashimuswe basubijwe imiryango yabo

Yanditswe: Wednesday 26, Nov 2025

featured-image

Perezida wa Nigeria yatangaje ko abakobwa 24 bari barashimutiwe mu ishuri ryabo basubijwe mu miryango.

Abantu bitwaje intwaro ku wa 17 Ugushyingo bateye ishuri ryitwa Government Girls Comprehensive Senior Secondary School (GGCSS) riherereye muri Leta ya Kebbi, bica umukozi umwe hanyuma bashimuta abanyeshuri 25. Umwe muri bo yahise abasha gutoroka ava mu maboko y’abo bagizi ba nabi.

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yashimye inzego z’umutekano ku bw’igisubizo cyihuse ku kibazo cy’iri shimutwa, nubwo uburyo abo bakobwa barekuwemo butaratangazwa mu buryo bweruye.

Nigeria, igihugu gituwe kurusha ibindi muri Afurika, imaze igihe ihanganye n’ibikorwa byo gushimuta abana ku bwinshi. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, abana barenga 300 bo mu ishuri rya Kiliziya Gatolika barashimuswe ndetse ubu baracyashakishwa.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umujyanama wihariye wa Perezida Tinubu, hemejwe ko abakobwa bose bashimutiwe mu ishuri riherereye muri Leta ya Kebbi babonetse, avuga ko iri shimutwa ryakurikiwe n’andi mu zindi leta ebyiri za Nigeria.

Perezida Tinubu we yavuze ko hazoherezwa ingabo mu bice bifatwa nk’ibyibasiwe n’ubu bugizi bwa nabi “hagamijwe gukumira ibindi bikorwa byo gushimuta abana”.

Nibura abana 1500 ni bo bamaze gushimutwa mu mashuri yo muri Nigeria kuva mu 2014 ubwo abakobwa 276 bashimutirwaga mu gikorwa cyabereye ahitwa Chibok.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa