skol

Abapfiriye muri Iran barenze 1000, Turikiya igerwa amajanja: Intambara irakomeje

Yanditswe: Thursday 05, Mar 2026

featured-image

Ku munsi wa gatanu wikurikiranya, ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Israel zarasanye n’iza Iran zikoresheje intwaro za rutura ziri ku bwato, indege zinyaruka, misile zihuta cyane ndetse na drones z’ubwiyahuzi.

Amerika na Israel biri kurasa ku butaka bwa Iran, na yo mu gusubiza ikarasa mu bihugu byo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati birimo ibikorwaremezo by’Abanyamerika nka Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Arabie Saoudite, Qatar, Iraq, Bahrain na Koweit.

Ku wa 3 Werurwe, ibitero bya Iran byari byakajije umurego. Amerika yafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Ambasade yayo muri Arabie Saoudite, Liban na Koweit, isaba Abanyamerika bari mu bihugu biri kuraswa kubivamo bwangu bifashishije indege zitwara abagenzi.

Ku nshuro ya mbere kuva iyi ntambara yatangira, kuri uyu wa 4 Werurwe Iran yagerageje kurasa misile muri Turikiya, iba igihugu cya mbere cyo mu muryango NATO kigezwe amajanja ariko ingabo zawo zayihanuriye mu kirere.

Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Turikiya, Fahrettin Altun, yasobanuye ko iyi misile yaturutse muri Iran, yambukiranya Iraq na Syria, ihanurwa ubwo yari hafi y’intara ya Hatay iri mu majyepfo y’igihugu.

Umuvugizi wa NATO, Allison Hart, yatangaje ko uyu muryango uhuje ibihugu byiyemeje gutabarana wamaganye imyitwarire igamije kwagurira iyi ntambara muri Turikiya, agaragaza ubu bushotoranyi budashobora kwihanganirwa.

Ati “NATO iri kumwe n’abafatanyabikorwa barimo Turikiya mu gihe Iran ikomeje kugaba ibitero mu karere nta kuvangura. Ubwirinzi bwacu burakomeye impande zose, haba mu gukumira ibitero by’indege cyangwa misile.”

Amerika na Israel biri kwangiza bikomeye ibirindiro bya Iran byaba ibikoreramo ubuyobozi bwa gisivile, ubw’igisirikare, ibikorwaremezo bitunganyirizwamo ingufu za nucléaire n’ubwato bw’intambara bukorera mu Nyanja y’u Buhinde.

Imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ivuga ko kuva iyi ntambara yatangira tariki ya 28 Gashyantare 2026, abantu barenga 1000 bamaze gupfira muri Iran.

Mu bapfuye ku ikubitiro, harimo abanyeshuri bagera ku 168 bo mu ishuri ribanza rya Minab. Iyi mibare yemejwe na Minisiteri y’Uburezi ya Iran yatumye ingabo za Amerika na Israel zishinjwa kwibasira n’abasivili.

Kuri uyu wa 4 Werurwe 2026, Minisitiri w’Intambara wa Amerika, Pete Hegseth, yabwiye abanyamakuru ingabo zabo zitagambiriye kwica abasivili ariko ko hari gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri ku cyateye urupfu rw’aba banyeshuri.

Yagize ati “Birumvikana ko twebwe tutagambiriye abasivili ariko turi kubikoraho iperereza.”
Minisitiri Hegseth yatangaje ko ubwato bwabo bugendera munsi y’amazi bwibije ubwato bw’intambara bwa Iran bwitiriwe Gen Qassem Soleimani wayoboraga umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran (IRGC).

Hegseth yagaragaje ko kwibiza ubu bwato mu mazi ari intsinzi ya kabiri kuko bibaye nyuma y’imyaka itandatu Gen Soleimani wabwitiriwe yishwe n’ingabo za Amerika.

Umugaba Mukuru w’ingabo za Amerika, Gen Dan Caine, yatangaje ko misile Iran iri kurasa mu Burasirazuba bwo Hagati zimaze kugabanyukaho 86% ugereranyije no ku munsi wa mbere, ibitero bya drones byo bikaba byagabanyutseho 73%.

Gen Caine yasobanuye ko ingabo za Amerika zarashe ibipimo birenga 2000 bya Iran, zirasa ubwato bw’intambara 20 mu Nyanja y’u Buhinde, ateguza ko igihugu cyabo gishobora guhindura imiterere y’urugamba, zigatangira kurwanira ku butaka aho kwifashisha ikirere gusa.

Igisirikare cya Israel cyo cyatangaje ko kuva tariki ya 28 Gashyantare kugeza ku ya 3 Werurwe, cyarashe ibisasu birenga 5000 muri Iran binyuze muri operasiyo cyise ‘Roaring Lion’.

Minisitiri Hegseth yavuze ko nubwo bimeze bityo, bisa n’aho ari bwo intambara igitangira, kuko ingabo za Amerika zizakomeza kurasa muri Iran kugeza zisenye ibirindiro byose byakwifashishwa mu guhungabanya umutekano w’Abanyamerika.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko kuri uyu wa 4 Werurwe, ingabo za Iran n’umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah ukorera muri Liban byagabye igitero cya mbere gihuriweho muri Israel, gisaba abaturage kuguma mu bwihisho.

Hezbollah yinjiye muri iyi ntambara tariki ya 2 Werurwe, isobanura ko igamije guhorera abayobozi bo muri Iran bishwe na Amerika na Israel barimo Umuyobozi w’Ikirenga, Ayatollah Ali Khamenei. Guhera uwo munsi, Israel na yo yatangiye kurasa ku birindiro byayo muri Liban.

Ibiro ntaramakuru Fars byo muri Iran byatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Werurwe, ingabo za IRGC zarashe misile 40 mu Burasirazuba bwo Hagati. Qatar, Koweit na UAE byemeje ko byarashweho uyu munsi.

Iyi ntambara yagize ingaruka ku bukungu bw’Isi kuko kuva tariki ya 28 Gashyantare umuyoboro wa Hormuz uhuza ntukinyuramo ubwato bwinshi bwikorera ibikomoka kuri peteroli, kuko na buke bugerageza kunyuramo buri kuraswa na Iran.

Ikigo Kpler gikora ubutasi ku ngendo zo mu mazi magari cyatangarije BBC ko ingendo z’ubwato bw’ubwikorezi muri Hormuz zagabanyutse ku kigero kiri hafi ya 90%. Ibi byatumye ibikomoka kuri peteroli bigenda ku isoko mpuzamahanga kuko akagunguru kari kugurwa Amadolari arenga 80.

Igisasu cya Israel cyangije bikomeye inyubako yo mu murwa mukuru wa Liban, Beirut, kuri uyu wa 4 Werurwe

Uyu munsi, umuturage wo muri Iran yasuzumaga ibyangijwe n’ibisasu bya Amerika na Israel

Minisitiri Pete Hegseth yatangaje ko hari gukorwa iperereza ku rupfu rw’abanyeshuri bo muri Minab

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa