skol

Abarenga 104 biciwe mu bitero bya Israel kuri Gaza

Yanditswe: Wednesday 29, Oct 2025

featured-image

Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine yatangaje ko Abanya-Palestine 104 biciwe mu bitero bya Israel muri Gaza mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 28 Ukwakira 2025.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyagabye ibitero mu rwego rwo kwihimura ku bikorwa bya Hamas byo kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano yari yagezweho ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Minisitiri w’Ingabo za Israel, yashinje Hamas kugaba ibitero muri Gaza byahitanye umusirikare wa Israel no kwica amabwiriza yo guhererekanya imibiri y’abari bafashwe bunyago.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko nta kintu gikwiye kugirwa urwitwazo mu kwica amasezerano y’agahenge ariko yongeraho ko Israel yagombaga gusubiza mu gihe abasirikare bayo bari bibasiwe.

Ibitero bya Israel byagabwe ku nyubako, amashuri, inzu zitandukanye muri Gaza na Beit Lahia mu Majyaruguru yayo, Bureij na Nuseirat ndetse no muri Khan Younis mu Majyepfo.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko abantu 104 baguye muri ibyo bitero barimo abana 46, abagore 20 abarenga 250 barakomereka.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyasubukuye ingamba zo kubahiriza agahenge nyuma yo kugaba ibyo bitero kivuga ko byari bigamije kugabwa ku bikorwa by’iterabwoba n’ibyihebe byari birimo abayobozi bakuru b’uyu mutwe bagera kuri 30.

Cyavuze ko nubwo kizubahiriza agahenge ariko kizajya gisubiza mu gihe cyashotorwa.

Ku wa Kabiri 28 Ukwakira 2025, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yahaye igisirikare itegeko ryo kugaba ibitero muri Gaza ariko ntiyatangaza impamvu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa