Inteko ishingamategeko y’Amerika, umutwe w’abadepite, yemeje itegeko ryo guha Ukraine imfashanyo no gufatira ibihano Uburusiya, abarepubulikani barenga 10 bahangara ubuyobozi bwabo batora bashyigikira uwo mushinga w’itegeko.
Ku wa kane, abarepubulikani 18 bifatanyije n’abademokarate mu gushyigikira iryo tegeko ryitwa ’Ukraine Support Act’, ryatowe ku majwi 226 y’abarishyigikiye n’amajwi 195 y’abatarishyigikiye.
Uru ni rwo rugero rwa vuba aha cyane rugaragaza abarepubulikani bitandukanya na Perezida w’Amerika Donald Trump mu gihe cya vuba aha gishize.
Ariko ntibishoboka ko uyu mushinga w’itegeko uzahinduka itegeko, kuko unagomba kwemezwa na sena ubundi ukabona gushyirwaho umukono na Trump.
Muri iki cyumweru, mu matora ahanini yari ikimenyetso cyo gutanga ubutumwa, abarepubulikani bacye bo mu nteko ishingamategeko, umutwe w’abadepite, bashyigikiye umwanzuro ushaka kubuza Trump kugira ikindi gikorwa cya gisirikare akora muri Iran.
Umushinga w’itegeko ’Ukraine Support Act’ watanga indi mfashanyo ya miliyari irenga imwe y’amadolari y’Amerika yo mu rwego rw’umutekano no kongera kubaka Ukraine, ndetse watanga uruhushya rw’ikoreshwa rya miliyari 8 z’amadolari y’Amerika y’inguzanyo zo gukoresha mu bikorwa bya gisirikare bya Ukraine.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *