Abasaga 180 bamaze guhitanwa n’inyama zituruka muri Afurika y’Epfo
Yanditswe: Tuesday 06, Mar 2018
Ibihugu bitandukanye byo majyepfo y’Afurika byamaze guhagarika inyama zabyinjiragamo ziturutse muri Afurika y’Epfo nyuma y’itangazo ryasohowe n’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS ko zimaze guhitana abarenga 180.
Ibihugu bikikije Afurika Y’Epfo birimo Namibia,Mozambique, Zambia,Kenya na Botswana byamaze gufata umwanzuro wo guhagarika inyama zabyinjiragamo biturutse muri iki gihugu kubera icyorezo cyitwa listeriosis kiri guhitana abariye izi nyama.
Iki cyorezo kirangwa no kugira (…)
Ibihugu bitandukanye byo majyepfo y’Afurika byamaze guhagarika inyama zabyinjiragamo ziturutse muri Afurika y’Epfo nyuma y’itangazo ryasohowe n’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS ko zimaze guhitana abarenga 180.
Ibihugu bikikije Afurika Y’Epfo birimo Namibia,Mozambique, Zambia,Kenya na Botswana byamaze gufata umwanzuro wo guhagarika inyama zabyinjiragamo biturutse muri iki gihugu kubera icyorezo cyitwa listeriosis kiri guhitana abariye izi nyama.
Iki cyorezo kirangwa no kugira umuriro mwinshi,kuruka no gucibwamo kiri guhitana abantu benshi ndetse OMS yavuze ko abantu bagomba guhagarika izi nyama.
Kuva mu kwezi kwa Mutarama 2017,iki cyorezo cyatewe n’izi nyama kimaze guhitana abarenga 180 ndetse abandi bararwaye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *