skol

Abasirikare n’abapolisi ba RDC bakurikiranyweho guhunga urugamba ubwo Uvira yafatwaga

Yanditswe: Sunday 21, Dec 2025

featured-image

Urukiko rwa Gisirikare rwa Kalemie rwatangiye kuburanisha abasirikare n’abapolisi 124 bahunze Umujyi wa Uvira ubwo Ihuriro rya AFC/M23 ryawigaruriraga.

Ni urubanza rwatangiye kuburanishwa ku wa Gatanu tariki ya 19 Ukuboza 2025 mu Rukiko rwa Gisirikare rwa Kalemie.

Abo basirikare n’abapolisi bakurikiranyweho guta inshingano bari bafite nyuma y’uko Umujyi wa Uvira ufashwe na AFC/M23.

Ubwo Ihuriro rya AFC/M23 rigamije kurwanira uburenganzira bw’Abanye-Congo buhonyorwa nkana n’akarengane bakorerwa ryafataga umujyi wa Uvira, abasirikare ba FARDC, Wazalendo, abapolisi n’Ingabo z’u Burundi bari bawurimo bahise bayabangira ingata.

Hari abahisemo guhungira mu Burundi, abandi berekeza mu bindi bice byari bitarafatwa birimo na Kalemie.

Abahungiye Kalemie bahise bafatwa, bakaba baragejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare ngo baburanishwe hashingiwe kuri iyo myitwarire yo guhunga urugamba.

Abaregwa barimo 68 b’abasirikare n’abapolisi 56 mu gihe. Muri bo, 66 imyirondoro y’abo yamaze kumenyekana.

Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare rwa Kalemie, Lt Col, Désiré Dionda Mukolee yashimangiye ko urwo rubanza rugamije guhana abasirikare n’inzego z’umutekano muri rusange zagize intege nke no kutumvira inama byatumye bakubitwa inshuro na AFC/M23.

Yavuze ko urwo rubanza kandi rugamije gutuma ibintu bijya ku murongo mu nzego z’umutekano muri RDC, kugendera ku myitwarire myiza, kugira gahunda n’ibindi bigamije gushyira ibintu mu buryo.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare nabwo bugaragaza ko ibikorwa abo basirikare bakoze bitubahirije amategeko n’imyitwarire ya Gisirikare na gipolisi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa