Abimukira 42 barohamye mu Nyanja ya Méditerranée bavuye muri Libya
Yanditswe: Thursday 13, Nov 2025
Loni yatangaje ko abantu 42 baburiwe irengero nyuma yo kurohama mu Nyanja ya Méditerranée, bagerageza kwambuka bagana i Burayi.
Bikekwa ko aba bimukira bambutse mu cyumweru gishize bamaze kwitaba Imana.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IOM), ryatangaje ko abantu barindwi ari bo barokowe nyuma y’iminsi itandatu barohamye mu nyanja.
Umuvugizi wa IOM ati: “Abarokotse bamwe bari bambaye imyambaro ibarinda kurohama mu gihe abandi bari bafashwe ku bwato bituma batarohama.’’
Ubu bwato bwari butwaye abagabo 47 n’abagore babiri bwavuye i Zuwara, mu Uburengerazuba bwa Tripoli, ku wa 3 Ugushyingo, mbere y’uko burohama abari baburimo bose bakarohama mu mazi.
Ku wa 8 Ugushyingo ni bwo inzego za Libya zatangiye ibikorwa byo kubashakisha.
IOM iti: “Birababaje, abantu 42 baracyashakishwa baburiwe irengero bikekwa ko bapfuye, barimo 29 bo muri Sudani, umunani bo muri Somalia, batatu bo muri Cameroun, n’ababiri bo muri Nigeria.’’
Abarokotse barimo bane bo muri Sudani, babiri bo muri Nigeria n’umwe wo muri Cameroun ni bo barokowe ndetse IOM ivuga ko ubuzima bwabo bumeze neza uretse gusa ibikomere biri ku mubiri.
Imibare ya IOM igaragaza ko abimukira barenga 1.000 bamaze gupfa mu 2025 bagerageza kwambuka mu Nyanja ya Méditerranée ihuza Afurika y’Amajyaruguru n’u Burayi bw’Amajyepfo.
Muri rusange, abimukira bagera ku bihumbi 33 bamaze gupfa abandi baburirwa irengero mu Nyanja ya Méditerranée kuva mu 2014.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *