Adolf Hitler arahabwa amahirwe yo gutsinda amatora muri Namibia
Yanditswe: Tuesday 25, Nov 2025
Adolf Hitler Uunona, umunyapolitiki wo muri Namibia, arahabwa amahirwe yo gutsinda amatora y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, azaba tariki 26 Ugushyingo 2025, aho ahatanye ku mwanya w’Umukuru w’Umujyi wa Ompundja, uri mu majyaruguru y’iki gihugu.
Uyu munyapolitiki w’imyaka 59 ni umunyamuryango w’ishyaka rya SWAPO (South West Africa People’s Organization), rizwi mu gihugu nk’ishyaka riharanira uburenganzira bw’abaturage.
Mu 2020, uyu mugabo yatsinze amatora nk’aya n’amajwi 85%, ndetse no muri uyu mwaka yongeye kwiyamamariza uyu mwanya.
Kimwe mu bituma uyu mugabo akomeza kugarukwaho cyane ni iri zina rye asangiye na Adolf Hitler wayoboye u Budage, ndetse akagira uruhare rutaziguye mu ntambara ya kabiri y’Isi no muri Jenoside yakorewe Abayahudi.
Nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora yo mu 2020, Adolf Hitler Uunona, yahishuye ko se yamwise iryo zina atazi igisobanuro cyaryo.
Ati: “Ntabwo yari azi igisobanuro cy’izina Adolf Hitler, ndetse nanjye nkiri muto nabifataga nk’ibisanzwe, gusa uko nagiye nkura, naje gusobanukirwa ko Hitler, yashakaga kuyobora Isi, kandi njye ntaho mpuriye nabyo.”
Uunona azwiho kugendera kuri politiki yibanda ku iterambere ry’abaturage, bitandukanye na bazina we wayoboye u Budage.
Izina rye ryakomeje guteza impaka nyinshi mu bitangazamakuru, ariko Uunona we yakomeje gusobanura ko ntaho rihuriye n’uwo ariwe, kuko izina ari irikujije.
Adolf Hitler yaboye u Budage kuva mu 1933 ageza mu 1945. Yapfuye yiyahuye nyuma yo gutsindwa Intambara ya kabiri y’Isi, biturutse ku bwoba bw’inkurikizi zayo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *