AFC/M23 n’ingabo za Leta bararwanira Teritwari ikize ku mabuye y’agaciro
Yanditswe: Tuesday 07, Oct 2025
Imirwano ikomeye yakomeje kubera muri Kivu y’Amajyepfo, inyeshyamba zo mu ihuriro Alliance Fleuve Congo, (AFC/M23) zakomeje guhangana n’ingabo za leta ya Congo muri Teritwari ya Shabunda.
Radio Okapi ivuga ko imirwano yabereye mu ishyamba rya Kibandamangobo, ku wa Mbere tariki 06 Ukwakira, 2025.
Kiriya gitangazamakuru kivuga ko ingabo za leta zifatanya na Wazalendo ku rugamba zarwanye zishaka kubuza inyeshyamba za AFC/23 kugera ku biro bikuru by’iriya Teritwari imwe mu zikize cyane ku mabuye y’agaciro muri Kivu y’Amajyepfo.
Okapi ivuga ko indi mirwano yabereye ahitwa Lubimbe, Lutunkulu na Mulambula.
Muri iyi mirwano ngo inyeshyamba za AFC/M23 zirwana zishaka gufata Teritwari ya Shabunda na Mwenga.
Abatangabuhamya bavuga ko iriya mirwano yatumye abaturage b’abasivile bahunga, abanda basahura iby’abaturage.
Shabunda ni agace kazwiho gucukurwamo amabuye y’agaciro ya zahabu, na Gasegereti. Aka gace kagenzurwa n’abarwanyi ba Wazalendo bitwa Raïa Mutomboki.
Imirwano irimo kubera muri aka gace yatangiye ku wa Gatandatu inyeshyamba za AFC/M23 zigaba ibitero ku birindiro by’ingabo za leta ahitwa i Kabare na Walungu.
Mu byo bita “repli stratégique”, ingabo za leta zahunze uduce twa Ninja, n’uduce two mu nkengero zaho turimo Chulwe, Mwegerera, Lubuhu, Ikambi na Luhago, ubu turagenzurwa na AFC/M23.
Amakuru avuga ko inyeshyamba za AFC-M23 nyuma yo gufata agace ka Chulwe na Lubimbe, zishobora gufata Teritwari ya Shabunda.
Iyi mirwano iraba mu gihe intumwa za Leta ya Congo ziri mu biganiro n’ihuriro AFC/M23 i Doha muri Qatar.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *