AFC/M23 yagaragaje ikizatuma irekura abasirikare b’u Burundi yafatiye ku rugamba
Yanditswe: Monday 15, Dec 2025
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ryiteguye kurekura abasirikare b’Abarundi ryafatiye ku rugamba mu gihe Leta y’u Burundi yaha inzira Abanye-Congo bahunze kugira ngo batahe.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yemeje ko iri huriro ryahaye inzira Abarundi barenga 500 bari barabuze uko bava mu mujyi wa Uvira kubera ifungwa ry’umupaka, bityo ko na Leta y’u Burundi ikwiye gufungurira umupaka Abanye-Congo bahunze, bagataha.
Ati: “Umuryango wacu urasaba Leta y’u Burundi gufasha no guha inzira impunzi z’Abanye-Congo bahatiwe kuva mu bice bari batuyemo bitewe n’ibisasu byarashwe buhumyi n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa, by’umwihariko muri Sange, Luvungi na Katogota.”
AFC/M23 yatangaje ko yiteguye kurekura imbohe z’abasirikare b’Abarundi no gutangaza agahenge ku ruhande rwayo, kugira ngo Abanye-Congo bahunze batahe mu buryo butekanye kandi bubahesha agaciro.
Iti: “AFC/M23 itangaje ko yiteguye guha Leta y’u Burundi abasirikare bafatiwe ku rugamba no gutangaza agahenge ku ruhande rwayo, kugira ngo bagenzi bacu bahunze batahe mu buryo butekanye no mu buryo bubahesha agaciro.”
Bivugwa ko mu rugamba rwabereye mu bice byo mu kibaya cya Rusizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu byumweru bibiri bishize, AFC/M23 yahafatiye abasirikare b’u Burundi babarirwa mu magana.
Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo washyizweho na AFC/M23, Patrick Busu Bwa Ngwi, yabwiye abanyamakuru ati "Dufite abasirikare b’u Burundi amagana twafatiye ku rugamba kandi duteganya kubacyura."
Busu yasobanuye ko AFC/M23 izohereza aba basirikare mu gihe yabisabwa na Leta y’u Burundi, kandi ko icyo bifuza ari uko abasirikare b’u Burundi bose bava mu burasirazuba bwa RDC.
Muri Kivu y’Amajyepfo hari umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara na FNL-Nzabampema irwanya ubutegetsi bw’u Burundi. Nyuma y’aho AFC/M23 ifashe ibice birimo umujyi wa Uvira, Luvungi na Sange, hari abatekerezaga ko ishobora kuyishyigikira kugira ngo itere i Bujumbura.
AFC/M23 yamaze Leta y’u Burundi izi mpungenge, iyimenyesha ko itazemerera iyi mitwe kwifashisha ibice igenzura mu guhungabanya umutekano w’i Bujumbura.
Lawrence Kanyuka yagaragaje ko gufungurira inzira Abanye-Congo bahunze bizatuma imbohe z’abasirikare b’u Burundi zirekurwa

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *