skol

AFC/M23 yamaganye Leta ya RDC yifashishije urupfu rw’abarenga 200 muri Rubaya mu nyungu za politiki

Yanditswe: Monday 02, Feb 2026

featured-image

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagaragaje ko urupfu rw’abarenga 200 barimo abacukuraga amabuye y’agaciro mu gace ka Rubaya ari ingaruka z’uko butahagenzura.

Ubuyobozi bwa AFC/M23 buherutse gutangaza ko ibi byago byabaye tariki ya 28 Mutarama 2026, biturutse ku nkangu yatewe n’uko ubutaka bwo muri Rubaya bworoshye cyane muri iki gihe cy’imvura nyinshi.

Tariki ya 31 Mutarama, Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC yatangaje ko abapfuye biganjemo abo AFC/M23 yashoye mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko imyitwarire ya Leta ya RDC mu gihe cy’ibyago ibabaje, kuko iri gushaka kubyifashisha mu nyungu za politiki.

Kanyuka yagize ati “Aho kwemera uburyo Leta imaze igihe kinini yarananiwe gushyira ku murongo urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ishaka kwifashisha ibi byago byatewe n’imvura nyinshi mu birombe bya Rubaya, mu nyungu za politiki.”

AFC/M23 yagaragaje ko ibyago byabereye muri Rubaya ntaho bihuriye no kuba ari yo ihagenzura, kuko no mu bice Leta ya RDC igenzura, mu bihe bitandukanye hapfiriye abantu barenga 800 bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Iri huriro ryatanze ingero 15 z’ahantu hagenzurwaga na Leta ya RDC hapfiriye abantu benshi bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro harimo Nyamukubi na Bushushu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ahapfiriye abarenga 500 tariki ya 4 Gicurasi 2023.

AFC/M23 yibukije Leta ya RDC ko ubwo abantu 37 bapfiraga mu kirombe muri Fizi mu Ukwakira 2018, abanda 43 bagapfira mu kirombe cya KOV mu ntara ya Lualaba muri Kamena 2019, naho 50 bagapfira mu kirombe hafi y’umujyi wa Kamituga muri Kivu y’Amajyepfo muri Nzeri 2020, hagenzurwaga na Leta.

Lawrence Kanyuka yasobanuye ko ibyago byabereye muri Rubaya byatewe n’imvura nyinshi yahaguye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa