skol

Afurika y’Epfo: Abitwaje intwaro bishe abantu icyenda

Yanditswe: Sunday 21, Dec 2025

featured-image

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, abagabo bitwaje intwaro bagabye igitero hafi y’Umujyi wa Johannesburg, bica abantu icyenda, abandi 10 barakomereka.

Ibi byabereye mu kabari kitwa Tavern kari mu muhanda rwagati i Bekkersdal, muri kilometero 40 mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Johannesburg. Polisi ivuga ko icyateye ubu bwicanyi kitaramenyekana.

Komiseri wa Polisi, Fred Kekana yabwiye SABC ko abenshi mu bagabye igitero bari bafite imbuda za pistol, umwe muri bo afite AK-47 submachine gun.

Kekana yavuze ko abo bagabo baje mu modoka ebyiri binjira mu kabari batangira kurasa abakiliya. Abantu batatu barasiwe imbere mu kabari, abandi batandatu bicwa ubwo bageragezaga guhunga.

Kekana ati “Biragaragara ko nyuma yo kubagabaho igitero abarashwe babasatse bakabiba ibintu byabo by’agaciro harimo telefone zigendanwa.”

Polisi yatangaje ko yatangije ibikorwa byo gushakisha abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi.

Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bikunze kwibasirwa n’ibibazo by’ubugizi bwa nabi n’imitwe yitwaje intwaro.

Nubwo abantu benshi bafite imbunda mu buryo bwemewe n’amategeko ku bw’umutekano wabo, umubare w’intwaro zitemewe uri mu gihugu uruta kure uw’izemewe.

Polisi ivuga ko hagati ya Mata na Nzeri 2025, abantu bagera kuri 63 bishwe mu gihugu hose.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa