Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga biri mu ntambara karundura yo kurushanwa kugera ku buvumbuzi mu bijyanye n’ubwenge bw’ubukorano (AI), ibituma bimaze kuzamura umushahara w’abahanga muri iryo koranabuhanga.
Ibigo nka OpenAI na Meta biri mu ntambara yo kurwanira abahanga mu bya AI ku buryo biri kongera umushahara wabo, uri kubarirwa muri miliyoni 10$ ku mwaka.
Abari kwifuzwa cyane ni abashakashatsi mu bijyanye no guteza imbere AI, ba enjeniyeri muri iryo koranabuhanga, abahanga mu kubaka ’software’ zifasha mu iterambere rya AI n’abandi.
Mu mezi 18 ashize, umushahara w’abahanga mu bya AI wiyongereyeho nibura 50% ndetse no kuzamura, mu gihe ibigo nka Meta biherutse gusezeranya abakozi babyo agera kuri miliyoni 100$ z’agahimbazamusyi, kugira ngo bemere kuguma mu kazi kabo.
Abakurikirana iby’ikoranabuhanga bemeza ko mu myaka iri imbere, abahanga mu ikoranabuhanga rya AI, cyane cyane abashakashatsi, bazayobora abandi mu kwinjiza agatubutse kurusha abandi bakozi bakora mu bijyanye n’ikoranabuhanga.‘’
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *