Amerika ikeneye kugenzura niba ibisasu bya kirimbuzi ifite bikora neza
Yanditswe: Friday 31, Oct 2025
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.D. Vance, yatangaje ko gusubukura igeragezwa ry’intwaro za kirimbuzi ari ingenzi kugira ngo hamenyekane niba izo ntwaro zigikora neza, kuko ari igice cy’ingenzi cy’umutekano wa Amerika.
Aya magambo Visi Perezida Vance yayatangaje nyuma y’uko Perezida Donald Trump ku wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, avuze ko yategetse Minisiteri y’Ingabo gutangira igeragezwa ry’intwaro za kirimbuzi, avuga ko ari mu rwego rwo guhangana mu buryo bwa gisirikare n’u Burusiya n’u Bushinwa.
Ati: “Uwo murimo ugomba gutangira ako kanya.”
Trump yavuze ko ari igisubizo ku bindi bihugu “bikomeje gukora igerageza ry’intwaro za kirimbuzi.”
Vance yabwiye itangazamakuru ko “ari ingenzi mu mutekano wa Amerika kwemeza ko intwaro za kirimbuzi dufite zikora neza koko, kandi ibyo biri mu rwego rw’ubugenzuzi n’igerageza rya gisirikare.”
Amerika yaherukaga kugerageza intwaro za kirimbuzi ku wa 23 Nzeri 1992, mu gikorwa cyabereye i Nevada.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *