Amerika: Inganda za gisirikare zemereye Trump gukuba kane intwaro n’indege zikora
Yanditswe: Saturday 07, Mar 2026
Ku wa 6 Werurwe 2026, inganda zikorana n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemereye Perezida Donald Trump gukuba kane intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare zikora, mu gihe intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati ikomeje.
Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama yahuje Perezida Trump n’abayobozi bakuru b’izi nganda zirimo: BAE Systems Plc rw’Abongereza, Boeing ikora indege, Honeywell Aerospace, L3Harris Missile Solutions, Lockheed Martin, Northrop Grumman na Raytheon.
Perezida Trump yatangaje ko mu mezi atatu ashize, izi nganda zatangiye kongera intwaro zikora, asobanura ko zimwe muri zo ziri ku rwego rurihanganiye n’izihambaye zakoreshejwe mu bitero Amerika iri kugaba muri Iran n’igihe Nicolas Maduro wayoboraga Venezuela yafatwaga.
Uruganda Lockheed Martin rwagize ruti "Twemeye gukuba kane intwaro z’ingenzi dukora. Nk’umusaruro w’ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump, twatangiye uyu murimo mu mezi ashize, dufatanyije na Minisitiri w’Intambara, Hegseth na Feinberg umwungirije."
Lockheed yasobanuye ko iri gukorana n’izindi nganda kugira ngo bikomeze ubushobozi igisirikare cya Amerika kugira ngo gihore ku isonga ku ruhande mpuzamahanga, kandi ko zumva ari inshingano yitutirwa zigomba gusohoza.
Perezida Trump yatangaje ko hari indi nama iteganyijwe mu mezi abiri ari imbere, izaganirirwamo ku buryo ibi bikorwa biri kugenda.
Inganda zirimo Boeing ziyemeje gukuba kane ibikoresho zikora
L3Harris na yo yemeye gukuba kane misile ikora


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *