skol

Amerika: Sena ntiyumva uko nta wigeze aryozwa uburangare mu iraswa rya Trump

Yanditswe: Monday 14, Jul 2025

featured-image

Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko kuraswa kwa Donald Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza kwaturutse ku burangare, isaba ko ubutaha hazajya habaho ibihano ku bashinzwe kurinda umukuru w’igihugu igihe bakoze amakosa nk’aya.

Ni icyemezo gikubiye muri raporo Komisiyo ishinzwe umutekano n’ibikorwa bya Guverinoma muri Sena, yashyize hanze ku Cyumweru tariki 13 Nyakanga 2025.

Iyi raporo ya paji 31 ikubiyemo isesengura ryakozwe n’iyi Komisiyo ku iraswa rya Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza i Butler muri Pennsylvania, ku wa 13 Nyakanga 2024.

Abagize iyi Komisiyo muri Sena banenze cyane imyitwarire y’abagize urwego rushinzwe kurinda abayobozi bakomeye muri Amerika ruzwi nka ‘Secret Services’.

Bavuze ko ku munsi Trump araswa abagize uru rwego batahanye amakuru neza, ndetse yimwa umubare munini w’abamurinda nk’uko byari byasabwe.

Bakomeje bavuga ko bitumvikana uburyo nta muntu n’umwe wirukanywe azira iri kosa.

Ati “Mu gihe cy’iminota hafi 45, umuntu w’imyaka 20 ufite intwaro yabashije guca mu rihumye urwego rwa mbere mu gihugu mu zishinzwe umutekano, nta muntu n’umwe wigeze abyirukanirwa.”

Ku wa 13 Nyakanga 2024 nibwo Thomas Matthew Crooks w’imyaka 20 yagerageje kwivugana Trump, ariko ku bw’amahirwe ararusimbuka kuko isasu ryamunyuze ku gutwi.

Uyu musore wacuze uyu mugambi yahise yivuganwa n’abagize inzego z’umutekano, ariko banengwa ko ntacyo bakoze ngo bakumire iki gitero.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa