skol

Amerika yaburiye abari muri Tanzania ku mvururu zakurikiye amatora

Yanditswe: Thursday 30, Oct 2025

featured-image

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Tanzania yashyize hanze itangazo riburira Abanyamerika n’abandi baturage bari muri icyo gihugu, nyuma y’uko amatora ya Perezida n’Abadepite ‘aranzwe n’imvururu, imyigaragambyo n’ihagarikwa rya internet mu gihugu hose’.

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Kane, Ambasade ya Amerika yavuze ko “hari amakuru ashimangira ko hirya no hino mu gihugu hari imyigaragambyo iri kubyara urugomo n’ifungwa ry’imihanda.”

Yongeyeho ko “imihanda ikomeye irimo n’ugana ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Julius Nyerere yafunzwe,” ndetse ko “ihagarikwa rya internet rikomeje kugira ingaruka ku itumanaho ryose.”

Ambasade yasabye abari muri Tanzania “kwirinda kujya mu myigaragambyo no kutitabira amakoraniro rusange,” ndetse ibibutsa gukurikirana amakuru anyura mu binyamakuru by’imbere mu gihugu no kuba maso igihe cyose.

Aya matora yabaye ku wa Gatatu, tariki ya 29 Ukwakira 2025, agamije gutora Perezida, Abadepite n’abajyanama b’inzego z’ibanze.

Perezida Samia Suluhu Hassan, uhagarariye ishyaka riri ku butegetsi rya Chama Cha Mapinduzi (CCM), arimo gushaka manda ye ya mbere, nyuma yo gusimbura nyakwigendera John Magufuli mu 2021.

Gusa aya matora yabaye mu gihe Ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, CHADEMA, ryakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza, mu gihe umuyobozi waryo, Tundu Lissu yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubugambanyi.

Ku munsi w’amatora, imyigaragambyo yadutse mu mijyi minini irimo Dar es Salaam, aho abaturage mu duce twa Kinondoni, Tandale na Magomeni bagaragaje uburakari ku migendekere y’amatora.

Amashusho yagaragaje abapolisi barimo gutatanya abigaragambya bakoresheje imyuka iryana mu maso, mu gihe imodoka n’amaduka bimwe byatwitswe.

Guverinoma yahise ishyiraho gahunda y’amasaha ntarengwa yo gutaha ahera Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba kugeza mu gitondo, mu rwego rwo kugabanya imvururu.

Nyuma yaho, ubuyobozi bwa Dar es Salaam bwasabye abakozi ba Leta n’abanyeshuri kuguma mu rugo mu gihe umutekano ukomeje kuba muke.

Urubuga NetBlocks rukurikirana ikoreshwa rya internet ku Isi rwatangaje ko internet yahagaritswe ku kigero kinini mu gihugu hose, bigatuma itumanaho, imbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru bitabasha gutambutsa amakuru.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa