Amerika yafatiriye ubwato bw’ibikomoka kuri peteroli buvuye muri Venezuela
Yanditswe: Thursday 15, Jan 2026
Abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko iki gihugu cyafatiriye ubwato bikekwa ko ari ubwa Venezuela butwaye ibikomoka kuri peteroli.
Iki gikorwa cyabaye ku wa 15 Mutarama 2026, mbere y’uko Perezida Trump agirana inama n’umuyobozo w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Venezuela, Maria Corina Machado.
Reuters yanditse ko ubu bwato ari ubwa gatandatu bufatiriwe kuva mu Ukuboza 2025, bwari butwaye ibikomoka kuri peteroli buva cyangwa bujya muri Venezuela.
Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika bwatangaje ko bafashe ubu bwato bwitwa Veronica bwari buriho ibendera rya Guyana kandi nta muntu wakomeretse.
Ingabo za Amerika zatangaje ko ubu bwato bwanyuranyije n’amabwiriza ya Perezida Trump .
Itangazo riti: “Ibikomoka kuri peteroli bizava muri Venezuela ni ibitwawe mu buryo bugenzuwe kandi bwemewe n’amategeko.”
Amerika yiyemeje kugenzura ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli bikomoka muri Venezuela byaba ibyinjirayo n’ibihasohoka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *