skol
fortebet

Amerika yagabye ibindi bitero kuri Irani, Trump avuga ko bishobora kurushaho gukaza umurego.

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 09, Jul 2026

Amerika yagabye ibindi bitero kuri Irani, Trump avuga ko bishobora kurushaho gukaza umurego.

Sponsored Ad

skol

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyagabye ibindi bitero kuri Irani ku wa Gatatu, nyuma y’uko Perezida Donald Trump avuze ko agahenge kari hagati y’impande zombi "karangiye". Trump yaburiye ko ibyo bitero bishobora "kurushaho gukomera" niba Irani ikomeje kugaba ibitero ku mato anyura mu Muyoboro wa Hormuz (Strait of Hormuz).

Iki gikorwa cyatumye abantu benshi bongera kugira impungenge ko intambara ishobora kongera kubura hagati ya Amerika na Irani. Cyabaye nyuma y’umunsi umwe gusa igisirikare cya Amerika kigabye ibitero ku birindiro bya gisirikare no ku byambu bya Irani, nk’igisubizo cy’ibitero Irani yari yagabye ku mato y’ubucuruzi hafi y’inkombe za Oman.

Abayobozi b’igisirikare batangaje ku mbuga nkoranyambaga ko ibyo bitero bishya bigamije "kurushaho kugabanya ubushobozi bwa Irani bwo guhungabanya ubwisanzure bw’ubwikorezi bwo mu nyanja" muri uwo muyoboro, unyuramo hafi kimwe cya gatanu cy’ubucuruzi bw’isi bwa peteroli na gaz mbere y’uko intambara itangira ku wa 28 Gashyantare, ubwo Amerika na Isirayeli bagabaga ibitero kuri Irani.

Ibinyamakuru bya Leta ya Irani byatangaje ko habaye ibiturika ahantu hatandukanye, harimo Bushehr, ahari uruganda rukora ingufu za nikereyeri, ndetse no mu mijyi yo ku byambu nka Chabahar, Konarak, Bandar Abbas na Sirik.

Nyuma yo kuva mu nama ya NATO yabereye i Ankara muri Turukiya, Trump yashyize ku rubuga rwe nkoranyambaga amashusho avuga ko agaragaza ibisasu biri guturika muri Irani, anongera kuyihanangiriza ati: "Iki ni igisubizo cy’ibisasu Irani yarashe ku mato ejo. Nibongera kubikora, bizaba bibi cyane kurushaho!"

Mbere yaho kuri uwo munsi, Trump yari yavuze ko ibyo bitero by’impande zombi bitazavamo intambara y’igihe kirekire. Yagize ati: "Ikintu cyose kizabaho kizaba vuba cyane," ariko anongeraho ko Amerika ishobora "kurangiza burundu icyo yatangiye."

Trump yongeye no gutera ubwoba Irani avuga ko ishobora kwibasira ibikorwa remezo by’abaturage, birimo amashanyarazi n’inganda zitunganya amazi yo kunywa, ndetse ikigarurira ikirwa cya Kharg, ahanyura hafi 90% bya peteroli Irani yohereza hanze.

Nyuma y’uko amato atatu yibasiwe ku wa Kabiri, Amerika yagabye ibitero kuri Irani, na yo ihita isubiza yibasira ibirindiro bya gisirikare bya Amerika mu Karere k’Ikigobe cya Perisiya.

Irani yavuze ko amasezerano y’agateganyo y’agahenge ayiha uburenganzira bwo kugenzura urujya n’uruza rw’amato anyura muri Strait of Hormuz. Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Irani, Mohammad Bagher Qalibaf, umwe mu bayoboye ibiganiro by’amahoro, yanditse kuri X ati: "Igihe cyo gutoteza no gukoresha igitugu cyararangiye. Nta cyo bizageraho. Ntituzapfukama."

Trump yongeye guteza impungenge avuga ko ayo masezerano y’agateganyo "yarangiye", nubwo yavuze ko ibiganiro bishobora gukomeza.

Ibitero byagiye bisubira byakomeje gushyira mu kaga agahenge kariho, ariko amagambo ya Trump yarushijeho kongera urujijo, bituma ibiciro bya peteroli bizamuka cyane.

Yagize ati: "Kuri njye, ndabona karangiye." Yongeyeho ko intumwa za Amerika zishobora gukomeza ibiganiro, ariko agaragaza ko atizera ko bizatanga umusaruro, agira ati: "Barashobora kuganira, ariko mbona batakaza igihe."

Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Irani, Kazem Gharibabadi, na we yanditse kuri X avuga ko amagambo ya Trump "atagaragaza imbaraga, ahubwo agaragaza ko politiki ya Amerika kuri Irani yananiwe."

Ibitero bishya ku mato anyura muri uwo muyoboro, nubwo ibiganiro bikomeje, bishobora kugaragaza kutavuga rumwe mu buyobozi bwa Irani. Abakurikiza umurongo ukaze bashaka kugenzura uwo muyoboro burundu kugira ngo bawukoreshe nk’intwaro yo guhangana n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi, mu gihe abandi bashaka amasezerano arambye yatuma ibihano mpuzamahanga bikurwaho kandi ubukungu bugasubirana.

Ku wa Kabiri, Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo za Amerika (CENTCOM) bwatangaje ko ibitero byabwo byibasiye uburyo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere bwa Irani, radar ndetse n’ubwato buto burenga 60 bukoreshwa n’Ingabo z’Abarinzi b’Impinduramatwara ya Kisilamu (Revolutionary Guard). Ubu bwato ni bwo bwafashije Irani guhungabanya urujya n’uruza rw’amato muri Strait of Hormuz.

Ku wa Gatatu mu gitondo, Bahrain, icumbikiye icyicaro cy’Ingabo za Amerika zirwanira mu mazi (5th Fleet), na Koweti, icumbikiye ingabo za Amerika zirwanira ku butaka, byatangaje impuruza z’ibisasu bya misile. Ingabo za Revolutionary Guard zemeje ko zagabye ibitero ku birindiro bya Amerika muri ibyo bihugu.

Koweti yatangaje ko yahanuye misile ebyiri za balisitike n’indege nto zitagira abapilote (drones) 13 zari zoherejwe na Irani. Minisiteri y’Amashanyarazi ya Koweti yavuze ko imirongo imwe y’amashanyarazi yangiritse kubera ibisigazwa bya misile.

Nyuma y’ibitero Irani yagabye ku mato, Amerika yahagaritse uruhushya rwari rwemerera Irani kugurisha peteroli ikishyurwa mu madolari ya Amerika, nk’igice cy’amasezerano y’agateganyo.

Mu masezerano y’agateganyo, Amerika na Irani bari bumvikanye ko mu gihe cy’iminsi 60 amato azajya anyura muri Strait of Hormuz nta misoro aciwe. Ariko Irani yakomeje gutsimbarara ko ari yo igomba kugenzura inzira ayo mato anyuramo kandi ko nyuma izatangira kuyaca amafaranga yo kuhanyura. Amerika n’ibihugu byinshi byo mu Kigobe cy’Abarabu byavuze ko bitazemera ko Irani ishyiraho ayo mafaranga.

Ahandi, Perezida wa Irani Masoud Pezeshkian, Minisitiri w’Intebe wa Iraki Ali Falah al-Zaidi ndetse n’abandi bayobozi ba Irani na Iraki bitabiriye umuhango wo gusezera ku wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Irani, Ayatollah Ali Khamenei, wabereye mu mujyi wa Najaf muri Iraki.

Umurambo wa Khamenei uteganyijwe gusubizwa muri Irani kugira ngo ushyingurwe ku wa Kane ku rusengero rwa Imam Reza i Mashhad, aho yavukiye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa