skol

Amerika yahagaritse kwakira Abanya-Afghanistan kubera mugenzi wabo warasiye abasirikare hafi ya White House

Yanditswe: Thursday 27, Nov 2025

featured-image

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahagaritse by’agateganyo kwakira abasaba ubuhungiro baturutse muri Afghanistan, nyuma y’uko Umunya-Afghanistan ukiri mu nzira yo kwemererwa ubuhungiro akekwaho kurasa abasirikare babiri bo mu mutwe w’inkeragutabara ’National Guard’ i Washington, DC, hafi ya White House.

Ibi byatangajwe nyuma y’uko Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu, Kristi Noem, avuze ko uyu ukekwaho icyaha ari “Umunya-Afghanistan uri mu bakiriwe ku bwinshi ndetse binjizwa muri Amerika batanyuze mu igenzura rihagije biciye ku wa 8 Nzeri 2021, mu gihe cya Biden.”

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025, nibwo uyu Munya-Afghanistan witwa Rahmanullah Lakanwal yarashe aba basirikare babiri ba Amerika, ndetse kuri ubu bakaba barembye.

Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, USCIS, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane cyatangaje ko “cyahagaritse gutunganya dosiye zose z’Abanya-Afghanistan kugeza igihe kitazwi, mu gihe hagenzurwa bundi bushya uburyo bw’umutekano n’igenzura rikorwa mbere yo kwakira impunzi cyangwa abasaba ubuhungiro.”

Perezida Donald Trump yavuze ko uyu ukekwaho icyaha “yinjijwe mu gihugu” na guverinoma yabanjirije iye, iyobowe na Joe Biden, binyuze muri Operation Allies Welcome, yari igamije kwimura Abanya-Afghanistan nyuma y’uko Aba-Taliban bafashe ubutegetsi mu 2021.

Ati “Dukeneye gusubiramo dosiye z’abo bose binjiye muri Amerika baturutse muri Afghanistan mu gihe cya Biden, kandi tugakora ibikenewe byose kugira ngo dukuremo cyangwa duheze hanze uwo ari we wese udafitiye igihugu akamaro cyangwa udakwiye kuba hano.”

Amakuru agaragaza ko Abanya-Afghanistan basaga 90.000 binjiye muri Amerika binyuze muri iyi operasiyo, bakemererwa gutura mu gihugu.

Inzego z’umutekano za Amerika zatangaje ko uwakoze iki cyaha yatawe muri yombi, ndetse Perezida Trump ashimangira ko bagomba kumuhana bihanukiriye.

Aba basirikare barasiwe mu ntambwe nke uvuye kuri White House

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa