skol
fortebet

Amerika yakuye Uranium ifite ubukana muri Venezuela

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Sunday 10, May 2026

Amerika yakuye Uranium ifite ubukana muri Venezuela

Sponsored Ad

skol

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zabashije gukura ibilo 13,5 bya Uranium ifite ubukana mu kigo cy’ubushaskashatsi ku ngufu za nucléaire cya Venezuela, ijya kuyibika ahantu hatekanye muri Amerika.

Byatangajwe n’urwego rwa Amerika rushinzwe ingufu, NNSA, ku wa 9 Gicurasi 2026, aho rwavuze ko kugira ngo iyi gahunda igende neza Amerika yafatanyije n’u Bwongereza.

Umuyobozi Mukuru wa NNSA, Brandon Williams, yavuze ko gukura iyo Uranium muri Venezuela ari intsinzi kuri Amerika, Venezuela ndetse n’Isi muri rusange.

Ati “Gukura Uranium yose ifite ubukana muri Venezuela biratanga ikindi kimenyetso ku Isi cy’uko Venezuela igiye gusanwa no kugirwa nshya.”

NNSA yasobanuye ko gutwara iyi Uranium byasabaga kwigengesera cyane kuko yacishijwe ku butaka, ibona kujya mu bwato ijyanywa muri South Carolina.

Ibi bibaye mu gihe Amerika na Venezuela byari bimaze iminsi birebana ay’ingwe kugeza ubwo ku wa 3 Mutarama 2025 Amerika yagabye ibitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, ndetse Perezida Nicolas Maduro n’umugore we barafatwa bajyanwa muri Amerika.

Maduro yashinjwaga kwinjiza muri Amerika ikiyobyabwenge cya Cocaine, ndetse n’ibindi bifitanye isano na cyo.

Icyakora nyuma y’aho habonetse agahenge hagati y’ibihugu byombi dore nyuma y’imyaka irindwi, hasubukuwe ingendo ziva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zerekeza muri Venezuela ntaho indege ihagaze.

Ni mu gihe kandi mu ntambara Amerika ihanganyemo na Iran, urebye icyo Trump ayishakamo ari guhagarika Iran gukora iyi Uranium ifite ubukana ikorwamo intwaro za nucléaire.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa