skol

Amerika yatangiye gukoresha ubwato bwa drone mu ntambara na Iran

Yanditswe: Friday 27, Mar 2026

featured-image

Minisiteri y’intambara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu zatangiye gukoresha ubwato bwitwara mu ntambara ya Iran.

Iyi Minisiteri yavuze ko ubu bwato buri gukoreshwa mu bikorwa byo gucunga umutekano mu nyanja. Ni ubwa mbere Amerika itangaje ikoreshwa ry’ubu bwato mu ntambara.

Tim Hawkins uri mu bavugizi ba Pentagon, yavuze ko ubu bwato bwa drone buzwi nka ‘Global Autonomous Reconnaissance Craft, GARC’ bukoreshwa mu bikorwa byo gucunga umutekano mu bitero Amerika iri kugaba kuri Iran.

Ati “Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje gukoresha ubwato bwa drone mu Burasirazuba bwo Hagati.”

Mu ntambara ubu bwato bushobora gukoreshwa mu buryo bubiri: Gucunga umutekano cyane ko bufite camera cyangwa mu kugaba ibitero.

Ubu bwato bwa drone hashize igihe gito butangiye gukoreshwa mu bikorwa by’intambara. Ukraine yabukoresheje cyane igaba ibitero ku bwato bw’Abarusiya mu Nyanja y’Umukara.

Kuva Amerika na Israel byayigabaho ibitero, Iran na yo yabukoresheje inshuro ebyiri mu kurasa ubwato butwaye ibikomoka kuri Peteroli.

Kimwe mu bintu by’ibanze ubu bwato butandukaniyeho n’ubundi ni uko butagira umuntu ubutwara, bugira camera ibufasha kumenya amerekezo buganamo, ndetse no gutanga amakuru ku itsinda ry’abantu baba babuyoboreye kure.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa