Amerika yigambye ko yarashishije Torpedo ‘ubwato bw’intambara’ bwa Iran bwarohamye hafi ya Sri Lanka
Yanditswe: Wednesday 04, Mar 2026
Mu kiganiro n’abanyamakuru Minisitiri w’ingabo za Amerika yemeje ko ingabo za Amerika ari zo zarashwe “ubwato bw’intambara bwa Iran” bwarohamye buri mu nyanja hafi ya Sri Lanka.
Amakuru y’igisirikare cya Sri Lanka yemeje ko abantu 140 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato bwatanze intabaza bajya kubugeraho bagasanga bwarohamye.
Minisitiri Pete Hegseth yabwiye abanyamakuru ati: “Ubwato bw’intambara bwa Iran bwari buzi ko ntacyo bwaba buri mu mazi mpuzamahanga.
“Ariko bwarashwe torpedo burarohama”.
Torpedo ni igisasu cya misile giteye nk’isegereti cyagenewe kuraswa kivuye ku bwato busanzwe cyangwa mu bwato bugendera munsi y’amazi kigaturika kigeze ku ntego.
Hegseth ntiyavuze izina ry’ubwato bwa Iran bwarashweho.
Kare, igisirikare cya Sri Lanka cyavuze ko ubwato IRIS Dena bwarohamye mu nyanja y’Ubuhinde, abagera ku 140 mu bari baburimo bakaburirwa irengero.
Hegseth yavuze ko Amerika “irimo gusinda, n’ingufu nyinshi, no gushwanyaguza kandi nta mbabazi”.
Yavuze ngo: “Tumaze iminsi ine gusa kandi nk’uko Trump yabivuze” Amerika “izafata igihe cyose dukeneye” ngo ibi bitero barimo bigende uko babishaka.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *