skol

Arabie saoudite yahaye abantu 340 igihano cy’urupfu mu 2025

Yanditswe: Monday 15, Dec 2025

featured-image

Abantu 340 bahawe igihano cy’urupfu mu mwaka wa 2025 muri Arabie saoudite, biyongereyeho babiri ugereranyije n’abahawe iki gihano mu 2024 kuko bo bari 338.

Ibi byatangajwe ku wa 15 Ukuboza 2025 n’ikinyamakuru cya AFP.

Iyi mibare kandi ishimangirwa na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu yo muri iki gihugu iherutse gutangaza ko abantu batatu biciye Umunya-Sudani muri iki gihugu bishwe.

Bumwe mu buryo bukoreshwa mu gushyira iki gihano mu bikorwa ni ugucibwa umutwe, kuraswa, cyangwa guterwa amabuye, byose bikorerwa mu ruhame.

Iki gihano gikunze guhabwa abantu bakoze ibyaha birimo gufata ku ngufu cyangwa gusambanya abana, ibyaha by’iterabwoba, ibyaha bijyanye n’ibiyobyabwenge, ubwicanyi, no guhindura idini.

Kugeza ubu Arabie saoudite iri mu bihugu bike bigikoresha igihano cy’urupfu mu mategeko mpanabyaha yabyo aho ibindi birimo nk’u Bushinwa, Iraq, Korea ya Ruguru, Vietnam n’ibindi bigera kuri 50.

Ni mu gihe ibindi bihugu birenga 100 byamaze gukura iki gihano mu mategeko yabyo birimo n’u Rwanda rwagikuyeho ku wa 25 Nyakanga 2007.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa