skol

Autriche: Abana b’abakobwa bari munsi y’imyaka 14 babujijwe kwitandira

Yanditswe: Friday 12, Dec 2025

featured-image

Inteko Ishinga Amategeko ya Autriche yatoye ku bwiganze burunduye bw’amajwi, itegeko ribuza abana b’abakobwa bo muri Islam bari munsi y’imyaka 14, kwambara ibitambaro mu mutwe (kwitandira), ibintu abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuze ko birimo ivangura ndetse bishobora gucamo abaturage ibice.

Leta ya Autriche yagaragaje ko kubuza abana b’abakobwa kwitandira, ari "ukubarinda ikandamizwa."

Mu 2019 iki gihugu cyari cyashyizeho n’ubundi itegeko ribuza abana b’abakobwa biga mu mashuri abanza kwitandira, ariko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ruraritambamira.

Kuri ubu, guverinoma yashimangiye ko itegeko rikurikije Itegeko Nshinga, nubwo bamwe mu basesenguzi bavuga ko bishobora kubonwa nk’ikandamiza ku idiri rya Islam, ndetse n’abana bakaba badatekanye.

Iri tegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 14 kwitandira, nubwo amategeko ya Islam asaba abana bose b’abakobwa kwitandira mu gihe bari ku ishuri.

Nyuma y’impaka mu Nteko Ishinga Amategeko, iri tegeko ryatowe ku bwiganze burunduye bw’amajwi, mu gihe ishya ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Green Party ari ryo gusa ritatoye iri tegeko.

Iri hagarikwa ryo kwitandira rireba ibitambaro byose bitwikira umutwe byambarwa n’Abayisilamu, birimo ’hijabs’ na ’burqas’, rikaba rizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri utaha uzatangira muri Nzeri 2026.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa