Barack Obama na Michelle Obama nibo bantu bakunzwe na benshi kurusha abandi ku isi
Yanditswe: Friday 28, Dec 2018
Umugore w’uwahoze ari perezida wa USA,Barack Obama,Michelle,niwe watowe n’Ikigo cy’Abanyamerika gikora ubushakashatsi ‘Gallup’,nk’umugore wishimiwe na benshi kurusha abandi ku isi.
Michelle Obamaw’imyaka 50 uherutse kumurika igitabo yise Becoming yahigitse kuri uru rutonde,Oprah Winfred uzwi mu biganiro byo kuri TV na Hillary Clinton waje ku mwanya wa 3 wari umaze imyaka 17 aruyobora.
Mu bandi bagore bakunzwe ku isi harimo Melania Trump uza ku mwanya wa Kane,umwamikazi w’u Bwongereza, (…)
Umugore w’uwahoze ari perezida wa USA,Barack Obama,Michelle,niwe watowe n’Ikigo cy’Abanyamerika gikora ubushakashatsi ‘Gallup’,nk’umugore wishimiwe na benshi kurusha abandi ku isi.
Michelle Obamaw’imyaka 50 uherutse kumurika igitabo yise Becoming yahigitse kuri uru rutonde,Oprah Winfred uzwi mu biganiro byo kuri TV na Hillary Clinton waje ku mwanya wa 3 wari umaze imyaka 17 aruyobora.
Mu bandi bagore bakunzwe ku isi harimo Melania Trump uza ku mwanya wa Kane,umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth,ku mwanya wa Gatanu, akurikirwa na Chancelière w’u Budage, Angela Merkel.
Mu bagabo Barack Obama yaje ku mwanya wa mbere ku nshuro ya 11 yikurikiranya,akurikirwa na Donald Trump umaze imyaka 4 aza ku mwanya wa kabiri yikurikiranya.
Uru rutonde rwatangiye gukorwa mu mwaka wa 1946 ariko mu mwaka wa1976 ntirwakozwe.
Uyu mwaka abantu 1,025 nibo bahawe impapuro zo gutora abagabo n’abagore b’ibyamaamare bakunda cyane kurusha abandi.
Uko amatora y’umugore ukunzwe kurusha abandi yagenze
Michelle Obama - 15%
Oprah Winfrey - 5%
Hillary Clinton - 4%
Melania Trump - 4%
Queen Elizabeth II - 2%
Uko amatora y’umugabo ukunzwe kurusha abandi yagenze
Barack Obama - 19%
Donald Trump - 13%
George W Bush - 2%
Pope Francis - 2%
Bill Gates 1%
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *