skol

BBC igiye gusaba urukiko kwiyambura ububasha mu rubanza yarezwemo na Donald Trump

Yanditswe: Tuesday 13, Jan 2026

featured-image

BBC yiteguye gusaba Urukiko rwa Florida kutakira ikirego cya Donald Trump yayirezemo, ayishinja kumuharabika kubera uburyo yakoreshejemo ijwi rye bitajyanye n’uko yari yabivuze, agasaba ko yahabwa indishyi.

Perezida wa Amerika yatanze ikirego asaba miliyari 5 z’amadolari mu rukiko rwa Florida ukwezi gushize, ashinja BBC kwangiza izina rye no kwica amategeko ajyanye n’imikorere y’ubucuruzi.

Impapuro z’Urukiko zasabwe ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, zerekana ko umunyamakuru wa BBC azasaba urukiko rwa Florida kuvuga ko rudafite ububasha bw’umwihariko kuri BBC, ko ahantu urubanza rwatangirijwe hatari ho ndetse ko Trump atagaragaje neza ibyo asaba.

Nubwo BBC yasabye imbabazi Donald Trump ku makosa yakozwe mu gutunganya inkuru mbarankuru (Documentary) ariko ibyo gutanga indishyi ntibikozwa.

Mu byo BBC igiye kugaragaza, yerekana ko urukiko rwaregewe rudafite ububasha, ni uko ngo icyo kiganiro kitatambukijwe muri Amerika kandi ko bitigeze byangiza isura ya Perezida Donald Trump.

BBC kandi ngo yiteguye kugaragaza ko Perezida Trump aterekana uburyo iyo nkuru mbarankuru yamugizeho ingaruka kandi nyamara yarongeye agatorwa na nyuma yayo kandi abo muri Florida bamutoye ku bwiganze bwo hejuru.

Ku wa 6 Mutarama 2021 nibwo Trump yatanze imbwirwaruhame mbere y’uko hemezwa ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yatsinzwe na Joe Biden icyo gihe.

Muri iyi mbwirwaruhame Trump yavuze ko habayeho uburiganya mu matora avuga ko ibyavuye mu matora bidakwiye kwemerwa.

Muri iyo mbwirwaruhame ni ho BBC yakase interuro zimwe na zimwe za Trump iraziteranya zikora interuro imwe igira iti “Tugiye kumanuka tujye Capitol, ndaba ndikumwe namwe ubundi turwane, turwane cyane.”

Ni mu gihe mu mbwirwaruhame ya Trump hagati y’interuro ‘tugiye kumanuka tujye Capitol’ na ’ubundi turwane, turwane cyane’, harimo intera y’iminota 50.

Ibi byatumye byumvikana nk’aho Trump ari we wahamagariye abamushyigiye kugaba ibitero ku nyubako ya Capitol mu mugoroba wo ku wa 6 Mutarama 2021.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa