Ikinyamakuru BBC cyasabye urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gutesha agaciro ikirego cya Perezida Donald Trump wayireze asasaba miliyari 10$ nk’indishyi yo kumuharabika.
Trump ashinja BBC guhindura amashusho y’imbwirwaruhame yatanze ku itariki ya 6 Mutarama 2021 zegeranyijwe, kugira ngo bigaragare ko yashishikarije abantu gukora urugomo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.
Iki kirego cyatanzwe mu rukiko rw’i Miami ku wa Mbere, kivuga ko filime mbarankuru ya BBC yitwa Panorama yo mu 2024, yegeranyije imbwirwaruhame zavuzwe na Trump mu bihe bitandukanye, igatambutswa mbere y’amatora yabaye mu mpera za 2024 muri Amerika yagiye hanze bigateza impagarara.
Nyuma BBC yaje kwemera ko ubwo buryo bwo kwegeranya ayo mashusho byatanze isura itari yo ko Perezida Trump yari yahamagariye abantu gukora urugomo nyamara atari byo, ndetse isaba imbabazi.
Trump yagaragaje ko ayo mashusho yamuharabitse ndetse akamwicira izina, asaba guhabwa miliyari 10$ nk’indishyi.
Ku rundi ruhande BBC yasabye urukiko gutesha agaciro icyo kirego ivuga ko n’ubwo yakoze amakosa, amashusho bakoze ataharabitse Trump cyane nk’uko abivuga kuko nyuma y’uko agiye hanze Trump yongeye gutorerwa kuba Perezida wa Amerika bityo badakwiye kwishyura ayo miliyari 10$.
Trump asaba miliyari 5$ nk’indishyi z’icyaha cyo kumusebya, ndetse n’izindi miliyari 5$ akazisaba hakoreshejwe itegeko rya Florida rigenga ubucuruzi butaboneye.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *