skol

Bidasubirwaho Perezida Mamady Doumbouya yatorewe kuyobora Guinée

Yanditswe: Monday 05, Jan 2026

featured-image

Urukiko rw’Ikirenga muri Guinée rwemeje ibyavuye mu matora bigaragaza ko Perezida Mamady Doumbouya wari umuyobozi w’inzibacyuho yatsinze amatora agize amajwi 86,7%.

Doumbouya yafashe ubutegetsi nyuma ya Coup d’Etat ya gisirikare yakuyeho Alpha Condé muri Nzeri 2025. Azayobora Guinée muri manda y’imyaka irindwi.

Ku wa 4 Mutarama 2026, Perezida Doumbouya yavugiye kuri Televiziyo ko Guinée yinjiye mu bihe bishya birangwa n’ubumwe bw’abenegihugu.

Ati “Uyu munsi twinjiye mu bihe bitarimo uwatsinze n’uwatsinzwe. Ubu hariho Guinée imwe idanandukanywa kandi yunze ubumwe.”

Yasabye abaturage kubaka Guinée irimo amahoro n’ubutabera, abaturage basangiye byose kandi yigenga mu bya politiki n’ubukungu.

Amatora yabaye ku wa 28 Ukuboza 2025. Yero Baldé wabaye uwa kabiri n’amajwi 6,59% yabanje gutanga ikirego avuga ko komisiyo y’amatora yahinduye ibyavuye mu matora ariko agihagarika mbere gato y’uko Urukiko rw’Ikirenga rutangaza umwanzuro warwo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa