Bin Salman wa Arabie Saoudite yahatiye Trump kwinjira mu ntambara yo muri Sudani
Yanditswe: Thursday 20, Nov 2025
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agiye kugira uruhare mu gushaka igisubizo ku ntambara imaze imyaka ibiri muri Sudani, nyuma y’uko Igikomangoma cya Arabie Saoudite, Mohammed bin Salman, amusabye kubigiramo uruhare.
Ni intambwe ifatwa nk’impinduka ikomeye, kuko Trump ubwe yemeye ko iyi ntambara “itari kuri gahunda yanjye” kugeza Bin Salman amubwiye uburemere bwayo.
Intambara yo muri Sudani ihanganishije Ingabo za Leta ziyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan n’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) wa Mohamed Hamdan Dagalo uzwi nka ‘Hemedti’.
Guhera muri Mata 2023, imirwano imaze guhitana ababarirwa mu bihumbi, mu gihe abarenga miliyoni 12 bavuye mu byabo.
Aganira n’abitabiriye Inama y’Ubucuruzi yabereye i Washington ari kumwe na Bin Salman, Trump yavuze ko Amerika “nyiricyubahiro (Bin Salman) ashaka ko nkora ikintu gikomeye ku bijyanye na Sudani.”
Ati: “Ntabwo kwinjira muri iyi ntambara byari muri gahunda yanjye, natekerezaga ko ari Ikintu kibi ndetse gisa n’icyarenze igaruriro. Ariko nabonye ko ari ingenzi kuri mwe, ndetse n’inshuti zanyu nyinshi ziri hano. Tugiye gutangira gukorana na Sudani.”
Akanama ka Gen. Abdel Fattah al-Burhan kayoboye Sudani gasanzwe gashyigikiwe na Arabie Saoudite.
Mu itangazo aka kanama kashyize hanze, kavuze ko kashimye uru ruhare rushya rwa Trump, ndetse kavuga ko kiteguye gukorana na Amerika mu rugendo rwo guhagarika intambara.
Ibi bibaye mu gihe impungenge mpuzamahanga zikomeje kwiyongera, nyuma y’uko RSF ifashe umujyi wa El-Fasher ufatwa nk’imngenzi muri Darfur.
Loni yatangaje ko hari ibyago bikomeye by’ibyaha byibasira inyokomuntu, ndetse raporo zitandukanye zerekana ibikorwa bisa biganisha kuri Jenoside bikorwa na RSF.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *