skol

Bisi yari itwaye ikipe y’ingimbi yagonganye n’ikamyo 14 bahasiga ubuzima

Yanditswe: Saturday 07, Apr 2018

Imodoka yari itwaye ikipe y’abana y’umukino wa Hockey yitwa Humboldt Broncos yo muri Canada, yagonganye n’ikamyo ubwo yari igiye gukina,abantu 13 n’umushoferi bari muri iyi bisi bahita bitaba Imana.
Abagize ikipe ya Humboldt Broncos bakoze impanuka yahitanye 14 muri bo
Ubwo aba bana bari mu rugendo berekeza ku kibuga cyo mu gace ka Saskatchewan bagombaga gukiniraho,bagonganye n’ikamyo maze kimwe cya kabiri cy’abari muri bisi y’iyi kipe y’abana barapfa barimo umushoferi n’umutoza wabo. (…)

Imodoka yari itwaye ikipe y’abana y’umukino wa Hockey yitwa Humboldt Broncos yo muri Canada, yagonganye n’ikamyo ubwo yari igiye gukina,abantu 13 n’umushoferi bari muri iyi bisi bahita bitaba Imana.

Abagize ikipe ya Humboldt Broncos bakoze impanuka yahitanye 14 muri bo

Ubwo aba bana bari mu rugendo berekeza ku kibuga cyo mu gace ka Saskatchewan bagombaga gukiniraho,bagonganye n’ikamyo maze kimwe cya kabiri cy’abari muri bisi y’iyi kipe y’abana barapfa barimo umushoferi n’umutoza wabo.

Benshi mu miryango y’abari muri bisi bagaragaje akabaro batewe n’iyi mpanuka ndetse baboneraho kwibuka ababo bapfiriye muri iyi mpanuka.

Uretse aba 14 bahise bapfa,polisi yo muri Canada yatangaje ko 14 barokotse bahise bajyanwa kwa muganga gusa 3 bari hagati y’urupfu n’ubuzima kuko bakomeretse bikomeye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa