skol

Burundi: Bunyoni yasabye gusubiramo urubanza rwe no kurekurwa by’agateganyo

Yanditswe: Sunday 16, Feb 2025

featured-image

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yitabaje urukiko kuri uyu wa Gatanu ushize imbere y’urugereko rw’imanza rw’urukiko rw’ikirenga, mu rubanza rudasanzwe rwabereye muri Gereza Mkuru ya Gitega mu murwa mukuru wa politiki.
Kugeza ubu Bunyoni wakatiwe igifungo cya burundu, yasabye ko urubanza yaciriwe rwavaho kugira ngo yongere gufungura dosiye ye.
Bivugwa ko umutekano wari washimangiwe hafi ya Gereza Nkuru ya Gitega. Abapolisi benshi n’abakozi ba SNR (…)

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yitabaje urukiko kuri uyu wa Gatanu ushize imbere y’urugereko rw’imanza rw’urukiko rw’ikirenga, mu rubanza rudasanzwe rwabereye muri Gereza Mkuru ya Gitega mu murwa mukuru wa politiki.

Kugeza ubu Bunyoni wakatiwe igifungo cya burundu, yasabye ko urubanza yaciriwe rwavaho kugira ngo yongere gufungura dosiye ye.

Bivugwa ko umutekano wari washimangiwe hafi ya Gereza Nkuru ya Gitega. Abapolisi benshi n’abakozi ba SNR (National Intelligence Service) bari boherejweyo nkuko iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga.

Muri uru rubanza, Bunyoni, ashyigikiwe n’umwunganizi we Me Placide Gatoto, yasabye ko yarekurwa by’agateganyo kubera impamvu z’ubuzima bwe butameze neza. Ngo afite ‘glycémie’ (isukari nyinshi mu maraso), yo ku rwego rwa 2, agaragaza impungenge z’ingaruka zishobora guterwa n’iyi ndwara idakira, nubwo yandikiwe imiti.

Usibye impungenge z’ubuzima, uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yamaganye imiterere ya gereza avuga ko ari ubumunyamanswa. Yavuze ku kato kamaze imyaka irenga ibiri yashyizwemo, aho agira iminota 30 gusa yo gusohoka muri kasho ye, kabiri mu cyumweru.

Ubushinjacyaha bwasubije bwemeza ko uburenganzira bw’ikiremwamuntu bwubahirizwa mu bigo bya gereza kandi ko Bunyoni ahabwa ubuvuzi uko bikenewe. Icyakora, aya magambo atandukanye n’ibyo Bunyoni avuga ku bijyanye n’ifungwa rye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa