Gen Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva mu 2020 kugeza mu 2022 yimuriwe mu bitaro byigenga bya Kira i Bujumbura ku wa 27 Ukuboza 2025 nyuma y’amezi abiri avurirwa mu Ntara ya Gitega.
Bunyoni yatawe muri yombi muri Mata 2023, akurikiranyweho ibyaha birimo kugambanira igihugu n’umugambi wo kugirira nabi Perezida Evariste Ndayishimiye. Urukiko rwarabimuhamije, rumukatira igifungo cya burundu.
Tariki ya 9 Ukwakira 2025, Bunyoni yakuwe muri Gereza ya Gitega nyuma y’aho umuryango uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu ugaragaje ko adatabawe vuba, ashobora gupfa kuko yari yararembye.
Bivugwa ko ubwo Bunyoni yari mu bitaro bikuru bya Gitega, yari yorohewe kuko bitandukanye n’uko ubuzima bwe bwari bumeze ubwo yari afungiwe mu kazu ke wenyine muri gereza, ubu ho yashoboraga kuvuga.
Mbere y’uko Bunyoni yoherezwa mu bitaro bya Kira, abashinzwe umutekano barimo abapolisi, abakozi b’urwego rw’iperereza n’intumwa ya Perezida Ndayishimiye, babanje kujya kuhakorera igenzura mu cyumweru gishize.
Ubwo Bunyoni yagezwaga muri ibi bitaro, byari byagizwe ibanga rikomeye kuko ntiyinjiriye mu marembo asanzwe anyuramo abarwayi n’abakozi babyo. Nk’uko byari bimeze i Gitega, umutekano waho wakajijwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *