skol

Burundi: Impunzi z’Abanye-Congo ziri gushaka gutaha ’ziri gukubitwa, zikicwa’

Yanditswe: Monday 22, Dec 2025

featured-image

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko impunzi z’Abanye-Congo ziri gushaka kuva mu Burundi ziri gukubitwa n’abiganjemo abasirikare, zimwe muri zo zikicwa.

Leta y’u Burundi imaze iminsi igaragaza ko itashobora kwita kuri izi mpunzi zaturutse mu mujyi wa Uvira, Katogota, Sange, Kiliba, Luvungi na Kamanyola, bitewe n’ubwinshi bwazo. Yasabye abaterankunga kuyifasha kubona miliyoni 33 z’Amadolari zikenewe byihutirwa.

Impunzi z’Abanye-Congo zisobanura ko ubuzima zibayemo mu Burundi bushaririye cyane kuko ibiribwa biboneka bigoranye kandi na bwo ku giciro kiri hejuru cyane.

Umwe muri izi mpunzi yitwa Ajax Ramadhani. Yabwiye BBC ati “Igiciro cy’ifu cyazamutse, amandazi abiri Abarundi bayaguraga 500 ariko ubu rimwe ni 500. Ntituzi ikiri kubitera. Ntitwaje hano kubera ko tunezerewe, twaje kubera ko dufite ikibazo. Ariko uba wumva bavuga ko Umunye-Congo atabura amafaranga. Impunzi yakura hehe amafaranga?”

Mu nkambi y’agateganyo ya Gatumba iri mu zegereye umupaka wa RDC, impunzi z’Abanye-Congo zikomeje gupfa kubera kubura ibiribwa, abandi bakabiterwa n’indwara ya Cholera iterwa n’umwanda ukabije.

Visi Meya wa Uvira, Kifara Kapenda, aherutse kubwira Radio Okapi ati “Abantu umunani bapfuye ku wa 18 Ukuboza gusa, batanu bapfa ku munsi wabanje, muri rusange mu minsi 10 hapfuye abarenga 40 bitewe na Cholera n’inzara.”

Tariki ya 20 Ukuboza, AFC/M23 yatangaje ko yafashije Abarundi barenga 1000 babaga muri RDC gutaha muri iki gihe cy’umutekano muke, ariko ko u Burundi bwo budashaka gufungura imipaka kugira ngo Abanye-Congo batahe.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yasobanuye ko bamwe mu Banye-Congo bagerageje gutaha kenshi, ariko ko Leta y’u Burundi yanze kubafungurira imipaka. Amakuru ahari ni uko iteganya kuzohereza mu nkambi ziri kure y’umupaka.

Ku wa 21 Ukuboza, Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, imiyoborere na dipolomasi, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko bari kwakira ubuhamya bwinshi buvuga ko Abanye-Congo bari gushaka kuva mu nkambi ya Gatumba kugira ngo batahe, bari gukubitwa, bakanicwa n’ingabo z’u Burundi.

Bisimwa yagize ati “Turi kwakira ubuhamya bwinshi bwa bagenzi bacu b’impunzi bari mu nkambi ya Gatumba mu Burundi, bari kuvuga guhohoterwa, rimwee na rimwe bakicwa, bazira gushaka gutaha muri RDC. Bivugwa ko abasirikare b’u Burundi ari bo bari kubikora.”

Mu butumwa Bisimwa yashyize ku rubuga X humvikanamo ijwi ry’umugore uvuga Igiswahili ufite agahinda. Asobanura uburyo Abanye-Congo bari kugerageza gutaha, bagakubitwa inkoni nyinshi kugira ngo basubire mu nkambi ya Gatumba, bamwe bagapfa, abandi bagafungwa.

Iyi mpunzi yagize iti “Turi kujya kurira imodoka, abantu bakadukubita inkoni, tugasubira inyuma, aburira bakurira. Twajyayo ku nshuro ya kabiri, bakadukubita, tugasubira inyuma. Bavandimwe mudukorere ubuvugizi, abakomanda bari kwinjira, bashaka kutwica. Hari abamaze gupfa, abandi barafungiwe hano mu nkambi ya Gatumba. Bavandimwe mutuvuganire dusubire muri Congo. Ambasaderi wacu ntacyo avuga, mudufashe.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNCHR) rigaragaza ko kuva ku wa 5 kugeza ku wa 21 Ukuboza 2025, u Burundi bwakiriye impunzi z’Abanye-Congo 94.808 zinjiriye muri Buganda, Gatumba na Rumonge.

Izi mpunzi zashyizwe mu nkambi z’agateganyo zegereye umupaka w’u Burundi na RDC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa