skol

Burundi: Ubuzima bw’umunyamakuru Sandra Umuhoza ufunzwe buri mu kaga

Yanditswe: Friday 14, Nov 2025

featured-image

Abunganira umunyamakuru Sandra Umuhoza umaze igihe kirenga umwaka afungiwe ubutumwa bwaguye nabi ubutegetsi bw’u Burundi yanditse ku itsinda rya WhatsApp, batangaje ko ubuzima bwe buri mu kaga muri gereza afungiwemo.

Umuhoza ni umunyamakuru w’ikinyamakuru La Nova Burundi. Yatawe muri yombi tariki ya 13 Mata 2024, azira kwandika kuri uru rubuga ko afite amakuru yizewe yemeza ko Leta yahaye urubyiruko rw’Imbonerakure imihoro kugira ngo rugirire nabi abatavuga rumwe na yo.

Yabanje gufungirwa muri kasho y’urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza (SNR), ajyanwa muri gereza nkuru ya Mpimba iherereye mu mujyi wa Bujumbura hashize hafi icyumweru, nyuma yimurirwa muri gereza ya Ngozi.

Urukiko rw’i Bujumbura rwakatiye Umuhoza igifungo cy’amezi 21 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kubiba amacakubiri no kuvogera ubwigenge bw’igihugu, gusa yahise ajurira, agaragaza ko amategeko atubahirijwe mu kumucira urubanza.

Ku wa 13 Ugushyingo 2025, Umuhoza yari gutangira kuburanira ubujurire mu rukiko rwa Ngozi. Ikinyamakuru Iwacu cyatangaje ko abantu benshi bari bageze ku rukiko, biteguye gukurikira urubanza ariko batungurwa no kumva ko rwasubitswe.

Intumwa ya Perezida w’uru rukiko wari kuyobora uru rubanza yasobanuye ko atari kujya kurutangiza bitewe n’uko dosiye ya Umuhoza yamugezeho ikerewe, ntabone umwanya wo kuyisuzuma byimbitse.

Yagize iti: “Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire rwa Ngozi, uteganya kuyobora uru rubanza, ntabwo yabonetse kubera ko atasuzumye iyi dosiye byimbitse kubera ko yamugezeho ikerewe.”

Abanyamategeko ba Umuhoza barimo Eric Ntibandetse bagaragaje ko urubanza ruri gutinda kugira ngo umukiliya wabo akomeze gufungwa mu buryo bagaragaje ko bunyuranyije n’amategeko.

Me Ntibandetse yagize ati: “Keretse ko afunzwe bidakurikije amategeko. Turatakamba dusaba ko babona ko n’ubuzima bwe butifashe neza. Ageze ku rwego agendera ku mbago. Murumva ko bitifashe neza na mba!”

Urubanza rw’ubujurire rwa Umuhoza rwimuriwe ku itariki ya 19 Ugushyingo 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa