Burundi: Uyu musore yemeye ko yagabye igitero simusiga cyahitanye 26
Yanditswe: Friday 28, Sep 2018
Polisi y’ u Burundi yerekanye umusore ukekwaho kuyobora abagabye igitero mu Ruhagarika mu Ntara ya Cibitoke kigahitana abantu 26 abandi bagakomereka.
Icyo gitero cyagabwe muri iyo komine iri ku mupaka w’u Burundi na Republika ya Demokrasi ya Kongo, mu ntangirizo z’ukwezi kwa gatanu.
Dismas Ndayisaba w’imyaka 28 yemeye ko ari umurwanyi w’umutwe wa ‘ Red Tabara’ uyobowe na Alexis Sinduhije, kandi ko uwo munyapolitike ari we yabatumye kugaba icyo gitero.
Minisiteri y’ umutekano mu Burundi yatangaje ko uyu musore musore avuga ko aturuka mu ntara ya Kayanza muri komine Gahombo.
Dismas Ndayisaba yemeza ko ari we wari ayoboye igitero cyahitanye abantu 26 mu ntangiriro z’ukwezi kwa 5 mu gace ka Ruhagarika, mu burengerazuba bw’u Burundi, avuga ko bari cumi na bane.
No mu Gatumba ngo ni Red Tabara yahateye. Uwo musore avuga ko bacumbitse mu duce twa Kitavugampegeri na Kiryama twegereye ahitwa Lemera na Mulenge muri Kivu y’epfo.
Yavuze ko n’igitero cyagabwe mu byumweru bishize muri zone ya Gatumba komine Mutimbuzi cyagabwe na Red Tabara.
Avuga ko ibirwanisho bakoresha n’ibyo bafungura bituruka mu gihugu cy’u Rwanda, ariko BBC iracyatohoza ayo makuru.
U Rwanda n’ u Burundi bifitanye umubano utari mwiza kuva muri 2015, kugeza ubu. Ibitero bigabwe mu Burundi iki gihugu kivuga ko u Rwanda rubifitemo uruhare, n’ igitero cyagabwe I Nyaruguru mu Rwanda , u Rwanda rwavuze ko abakigabye baturutse mu Burundi.
BBC yatangaje ko ikirimo kugerageza kuvugisha umunyepolitike Alexis Sinduhije ku byo ashinjwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *