Bwa mbere mu mateka umugore wa Perezida wa Amerika agiye kuyobora akanama gashinzwe amahoro ka Loni
Yanditswe: Friday 27, Feb 2026
Melania Trump agiye kuba umukuru inama y’akanama gashinzwe amahoro ku isi ka Loni akazaba yanditse amateka akomeye atarigeze akorwa n’undi mugore wa perezida wa Amerika, nk’uko umuvugizi w’Umuryango w’Abibumbye (Loni), Stephane Dujarric, yabitangarije abanyamakuru.
Kuva mu kwezi kwa Werurwe(3) Leta Zunze Ubumwe za Amerika , zizatangira kuyobora ku buryo bw’igihe gito Akanama gashinzwe amahoro ku isi ka Loni, kagizwe n’ibihugu 15 nk’uko byatangajwe na White House/Maison Blanche (Ibiro by’umukuru w’igihugu cya Amerika).
Ibi bibaye mu gihe Perezida Trump yakomeje kunenga Loni, avuga kenshi ko uwo muryango mpuzamahanga ugizwe n’ibihugu 193 utaragera ku ntego zawo, ibintu byanatumye afata icyemezo cyo gukura Amerika ayoboye mu miryango imwe n’imwe ya Loni.
Amerika kandi ifitiye ONU amadeni abarirwa muri za miliyari z’amadolari. Kugeza mu ntangiriro z’uku kwezi, ubutegetsi bwa Trump ntiburishyura imisanzu yabwo iteganywa mu ngengo y’imari isanzwe ya Loni ya 2025.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, mu mpera z’ukwezi gushize yiburiye ko Loni ishobora guhura n’“ihungabana rikomeye ry’imari riri hafi kuba” niba ibihugu byose bigize uwo muryango byishyure imisanzu yabyo.
Abakurikiranira hafi ibi, baribaza uko Melania Trump azabigenza ngo akanama ka Loni gashinzwe amahoro ku isi gashobore gukorana na Board of Peace yashinzwe n’umugabo we.
Hari impungenge ko bashobora kuzajya bagonganira mu nshingano zo kubungabunga no kugarura amahoro, gusa Trump avuga ko ibyo bitazigera bibaho.
Melania Trump w’imyaka 55 yashakanye na Donald Trump mu 2005, bafitanye umwana umwe w’umuhungu, Baron, wavutse mu 2006. Nafata uriya mwanya muri ONU, ni wo mwanya ukomeye muri politike Melania azaba agaragayemo.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *